Rwanda: Nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo 806 byafashwe

evbtr7zxgaepxiv.jpg

Ministeri y’ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Mata 2020 yatangaje ko nta murwayi mushya wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo 806 byafashwe. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho iki cyorezo uguma ku 105, muri bo 7 bakaba barakize. Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus […]

Burundi: Abashyizwe mu kato muri hoteli bafunzwe babuze ayo kwishyura

whatsapp_image_2020-04-07_at_16.52.51.jpg

Abantu bane barangije iminsi y’akato k’abakekwaho Coronavirus muri Hoteli Nazareth iri mu gace ka Kobero muri Komine ya Mutihinda mu Ntara ya Muyinga kuri uyu wa 6 Mata 2020 batawe muri yombi nyuma yo kubura amafaranga yo kwishyura. Aba batawe muri yombi na polisi ikorera muri Kobero barimo ab’igitsina gabo batatu ndetse n’uw’igitsina gore umwe. […]

Koreya y’Epfo: Abari barakize Coronavirus bongeye kugaragaza ibimenyetso

Ubwoba ni bwinshi muri Koreya y’Epfo nyuma y’aho abantu 51 bari barakize indwara y’icyorezo ya Coronavirus mu mugi wa Daegu bongeye kugaragaza ibimenyetso. Igitangazamakuru cyo mu Bwongereza , Daily Mail kuri uyu wa 6 Mata 2020 cyatangaje ko aba bantu bashyizwe mu kato ahabugenewe nyuma yo gukira iyi ndwara, abaganga bongeye kubapima hashize iminsi mike, […]

Nyabihu: Batandatu barimo na mudugudu basanzwe mu kabari begeranye

Mu karere ka Nyabihu, umuyobozi w’umudugudu n’abandi bantu batanu basanzwe mu kabari banywa inzoga ndetse banicaye bacucitse, binyuranyije cyane n’amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya vovid-19. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa 06 Mata 2020 mu masaha ya saa 21:00, ni mu gasantere ka Jenda, mu murenge wa […]

Inzu y’Urukiko rukuru rwa Musanze igiye guhindurwamo urwibutso rwa Jenoside

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwatangaje ko buri mu nzira zo gusenya ahahoze urukiko rukuru rwa Musanze hakubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Icyemezo cyo kubaka uru rwibutso hariya hantu nk’uko ubuyobozi bw’akarere bubivuga, cyafashwe mu rwego rwo guha icyubahiro Abatutsi biciwe mu cyumba cya ruriya rukiko mu 1994. Ku wa 15 Mata mu 1994 ni […]

Australiya: Cardinali Pell wahamijwe ihohotera yagizwe umwere

Urukiko Rukuru rwo muri Australiya ari rwo rusumba izindi zose muri iki gihugu, rwagize umwere Cardinal George Pell wahoze ari umujyanama wa Papa mu by’icungamari nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ihohotera agakatirwa gufungwa imyaka 6. Nkuko Voa ibitangaza mu mwaka wa 2018, yari yahamijwe ibyaha by’ihohohotera rishingiiye ku gitsina ryakorewe abana b’abahungu babiri baririmbaga muri korali […]

Mont Kigali: Abayobozi batangaga ibiribwa nijoro barwanye n’abaturage bamwe barakomereka

whatsapp_image_2020-04-07_at_17.21.17-1.jpg

Mu Mudugudu wa Ruhango, Akagari ka Ruliba, Umurenge wa Kigali ho mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali, umuyobozi w’Umudugudu afatanije n’abashinzwe umutekano barwanye n’abaturage ngo bashakaga kubambura imfashanyo bari bafite ikubiyemo ibyo kurya biza kurangira bafatanye mu mashati bamwe barakomereka. Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mata 2020, abaturage bavuga ko […]

Rwanda yaanza kumbukumbu ya mauaji ya kimbari dhidi ya Watutsi

Wanyarwanda wameanza wiki moja ya kumbukumbu ya mauaji ya kimbali dhidi ya Watutsi mwaka 1994. Wakati huo watu zaidi ya miliyoni moja waluawa. Jambo hili halitatokea kama mwaka uliopita kutokana na uwepo wa virusi vya Corona ambavyo vimesababisha watu kubaki nyumbani kwa ajili ya kujikinga. Katika hotuba yake, Rais wa Rwanda, Paul Kagame amesema ni […]

Kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside ntibikwiye guharirwa u Rwanda gusa: AU

Kuri uyu wa 7 Mata 2020, Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat mu izina ry’uyu muryango yavuze ko kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi atari inshingano zo guharira u Rwanda gusa. Ni ijambo yageneye Abanyarwanda n’Abanyafurika muri iki gihe hatangiye icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka abatutsi bazize jenoside ku […]

Kenyatta arifuriza Guverineri wishe amabwiriza yo kwirinda COVID-19 gufungwa imyaka 10

Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, yatangaje ko ari gusenga Imana ngo Visi-Guverineri w’intara ya Kilifi, Gideon Saburi, uheruka gutabwa muri yombi azira kwica amabwiriza yo kwirinda Coronavirus azahabwe imyaka 10 y’igifingo. Yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri ubwo yaganiraga n’imwe muri Radiyo zo muri Kenya. Ku wa 03 Werurwe ni bwo Bwana Saburi […]

Muyaga: Imvugo yakoreshejwe mu kugabanya uburemere ku imeneshwa ry’Abatutsi

Inyito “Muyaga” yatangiye gukoreshwa mu Gushyingo 1959 ubwo hatangiraga imvururu zo gutwikira Abatutsi mu Rwanda. Nkuko umwanditsi Antoine Mugesera mu gitabo cye IMIBEREHO Y’ABATUTSI KURI REPUBULIKA YA MBERE N’IYA KABIRI (2004) avuga, izi mvururu zabanje kwitwa “ Muyaga”. Uyu mwanditsi avuga ko iyi mvugo ari yo yaje guhindurwamo icyiswe revolusiyo (impinduramatwara) yo mu 1959 na […]

Perezida Kagame yavuze ko ibihe bya Coronavirus bitakuraho Kwibuka

Mu ijambo yageneye Abanyarwanda n’inshuti ku munsi wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26, kuri uyu wa 7 Mata 2020, Perezida Kagame yavuze ko ibihe bidasanzwe byatewe n’icyorezo cya Coronavirus bitabuza abantu kwibuka. Perezida Kagame yavuze ko uburyo bwo kwibuka muri iki gihe bugoye ku barokotse, umuryango […]

Ubutumwa Loni yageneye Isi mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya 26

Mu gihe u Rwanda n’Isi bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya 26, umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guteres, yasabye abatuye Isi kwirinda icyo ari cyo cyose cyatuma ubwicanyi nk’ubwakorewe Abatutsi bwongera kubaho. Ni mu butumwa Bwana Guteres yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Umunyamabanga w’umuryango w’Abibumbye yagize ati”Abarenga miliyoni imwe bishwe mu buryo bwateguwe […]

Jenoside yakorewe Abatutsi: Ingaruka zayo no kongera kwiyubaka

U Rwanda n’Isi muri rusange baribuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ubwo inzirakarengane zisaga miliyoni zicwaga amahanga arebera kugeza ubwo RPF yahagarikaga ubu bwicanyi, bimwe mu butazibagirana mu mateka y’Isi bwabaye mu kinyejana cya 20. Urwego n’ubugome ubwo bwicanyi bwakoranywe byashenguye Isi yose, ariko nta gihugu na kimwe cyagize ubushake […]

Mukingo: Inama yo gutangiza jenoside yabaye Interahamwe zitegereje amabwiriza

Tariki ya 7 Mata 1994 mu cyahoze ari Komini ya Mukingo muri Prefecture ya Ruhengeri kwa Nzirorera Joseph wari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka rya MRND ku rwego rw’igihugu, habaye inama yo gutangiza jenoside. Ni inama yitabiriwe n’abarimo Col. Setako Ephrem na Harerimana Emmanuel wari Bourgmestre wa Komini ya Mukingo, Col. Bizimungu Augustin, Casimir Bizimungu, Nyabusore Jean […]

Abubatse ku Mupaka wa Bweyeye bambuwe za miliyoni

Abakozi bagera kuri 200 bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko rwiyemezamirimo, Alphonse Twagiramungu yabambuye agera kuri Rfw miliyoni ijana. Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) mu 2015, cyahaye Twagiramungu akazi ko kubaka umupaka muto wa Bweyeye uhuza u Rwanda n’Uburundi gusa abahakoze baracyishyuza n’ubwo imirimo yose yarangiye. Mu bishyuza harimo abakozi n’abasutereta bavuga ko bafitiwe ideni […]

Ubuhinde:Abayobozi bakuru bazigomwa 30% by’umushahara mu gihe cy’umwaka

Muri ibi bihe bya coronavirus mu Buhinde,Minisitiri w’Intebe Narendra Modi,mu nama yagiranye n’abayobozi bakuru b’igihugu bafashe umwanzuro wo kugabanya 30% by’imishahara yabo uhereye kuwa 1 Mata 2020 bikazamara umwaka mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya coronavirus. Uretse imishahara, amafaranga yahabwaga abagize inteko Nshingamategeko mu gushyira mu bikorwa imwe mu mirimo iri mu nzego bayobora, na […]

Umunya-Kenya w’imyaka 19 ari gushaka umuti wa Coronavirus

Umusore wo muri Kenya, Dr Walter w’imyaka 19 avuga ko agiye gushaka umuti w’icyorezo cya Coronavirus imaze guhitana benshi ku Isi. Uyu musore yatangarije ibinyamakuru byo muri Kenya ko azi neza ko bitoroshye, gusa akemeza ko azagera ku ntego ye. Uyu muganga ukorera Scientific invention muri Kenya ati ” Ndimo ndashaka umuti wa Coronavirus. Biragoye […]

Trauma help guidelines issued as Rwanda begins to commemorate genocide against Tutsi

The umbrella organisation of Genocide survivors’ associations, Ibuka, has issued guidelines to help Rwandans, particularly those who survived the Genocide against the Tutsi, to access mental health support from the confines of their homes. The guidelines come at a time when the government continues to encourage Rwandans to stay at home as part of the […]

OMS na yo yamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), yamaganye amagambo y’ivangura aherutse gutangazwa n’abaganga babiri b’Abafaransa bifuje ko urukingo rwa Coronavirus rwageragerezwa ku Banyafurika. Abo baganga ni Jean Paul Mira, umwarimu akaba n’umuyobozi w’ishami rishinzwe ubuvuzi mu bitaro bya Cochin by’i Paris mu Bufaransa, na Prof. Camille Locht, umuyobozi w’ubushakashatsi mu […]