20200407_194904.jpg

COVID-19: Nyampinga w’Ubwongereza yashyize ikamba hasi ajya gufasha

Sangiza iyi nkuru

Nyampinga w’Ubwongereza mu 2019, Bhasha Mukherjee, yashyize ikamba rye hasi kugira ngo ajye kuba umuganga muto ufasha mu kuvura icyorezo cya Coronavirus.

Bhasha yize ibyo kuvura indwara z’ubuhumekero mbere yo guhatanira kuba Nyampinga w’Ubwongereza. Nyuma yo kwegukana ikamba, yagiye akora ibikorwa byinshi by’ubugiraneza ahantu hatandukanye ku Isi.

Mu byumweru bine bishize, ubwo yari mu Buhinde, Bhasha ubwo yari mu Buhinde aho yari ahagarariye, Coventry Mercia Lions Club, yumvise ko Coronavirus imeze nabi mu Bwongereza, yahisemo gusubira mu gihugu cye ngo atange ubufasha.

Bhasha yatangarije CNN dukesha iyi nkuru ko ” Bagenzi be mu Bitaro bya Pilgrim bamubwiye ko icyorezo [Coronavirus] kiri guca ibintu yumvise agomba kugaruka mu gihugu.” Ati ” Nahise nshaka kugaruka mu rugo ngahita njya mu kazi.”

Uyu mukobwa w’imyaka 24, avuga ko ” Kuba nari ndi hanze nkora ibikorwa by’ubugiraneza, uba ukwiriye kuba wambaye ikamba ariko uniteguye. Mbyiyumvamo kuko niyo mpamvu mbifitemo iyi mpamyabumenyi. Ni ngombwa ko mba muri ibi bintu ubu ngubu.”

Uyu mukobwa avuga ko atari gusigara inyuma mu rugamba rwo guhashya Coronavirus. Ati ” Biratangaje uko Isi yose irimo kugenda ishimira abaganga. nanjye numvaga naba umwe muri aba bantu. Nziko hari icyo nakora.”

20200407_194904.jpg
Nyampinga w’Ubwongereza, Bhasha Mukherjee yiteguye gutangira ibikorwa byo kuvura abarwayi ba Coronavirus. Ifoto? Instagram

Bhasaha yagarutse mu Bwongereza kuwa Gatatu w’icyumweru gishize. Agomba kumara ibyumweru bibiri mu rugo wenyine kugira ngo abe yagaruka mu kazi ko kuvura. Avuga ko ” Nta gihe cyiza cyo gufasha Ubwongereza cyaruta cyo burimo nka Nyampinga w’Ubwongereza.”

Kuva kuwa 25 Mutarama, Ubwongereza bumaze kubarura abarwayi ba Coronaviurus basaga ibihumbi 47 mu gihe 5,000 bamaze gupfa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *