Igisirikare cya Uganda kuri uyu wa 6 Mata 2020 cyataye muri yombi abasirikare babiri bambutsaga abacuruza magendu y’ikiyobyabwenge cya Kanyanga (abarembetsi) mu Karere ka Kisoro.
Amakuru yamenyekanye ubwo aba basirikare bambutsaga abarembetsi b’Abakongomani bari bavanye ikiyobyabwenge cya Kanyanga muri Uganda, babanje kubaha ruswa y’amashilingi 3000 kuri buri jerekani.
Abaturage babibwiye ba afande, maze itsinda riyobowe na Capt. Peter Mugisha uhagarariye ingabo muri Kisoro na Lt. Col. Nelson Bataringaya ukuriye Batayo ya 35 ya Nyakabande rita muri yombi aba basirikare.
Capt. Mugisha yavuganye n’ikinyamakuru Chimp Reports akibwira ko aba basirikare bategereje kujyanwa imbere y’urukiko, ati: “Ntabwo tuzihanganira ab’imyitwarire idahwitse mu ngabo zacu. Kisoro ni akarere kari mu byago kuko gahana imbibi na RDC n’u Rwanda, ibihugu bifite abarwayi benshi ba Coronavirus.”
Muri Kabale bahagaritse ikorwa rya Kanyanga mu rwego rwo guca abarembetsi
Tariki ya 6 Mata, abayobozi mu Karere ka Kabale gahana imbibi n’u Rwanda bahagaritswe ikorwa rya Kanyanga kugira ngo bace icengera ry’Abanyarwanda bajya kuyirangurayo mu buryo butemewe (abarembetsi).
Bavuze ko bafashe uyu mwanzuro mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Wiyongereye ku zindi ngamba nko gufunga imipaka, guhagarika ingendo, gufunga amashuri n’izindi.



2 Responses
Kisoro: Abasirikare bambutsaga abarembetsi batawe muri yombi
ABAREMBETSI MUBATURINDE MURI IYI MINSI YA CORONA
Kisoro: Abasirikare bambutsaga abarembetsi batawe muri yombi
ABAREMBETSI MUBATURINDE MURI IYI MINSI YA CORONA