Copy-of-KFP-FEATURED-IMAGE-TEMPLATE-3

RDC yihanangirije Kenya kandi iyisaba kwitonda

Sangiza iyi nkuru

Mu mpera z’iki cyumweru, amakimbirane hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na Kenya yongeye kubura nyuma y’uko ku wa Gatanu, itariki ya 15 Kanama, Perezida wa Kenya, William Ruto, agize Judy Kiaria Nkumiri, ambasaderi i Goma, umujyi umaze amezi arindwi uyobowe n’Ihuriro AFC / M23, ibyarakaje Kinshasa, yo ibona ko ari icyemezo “kidakwiye”.

Itangazo rya Perezidansi ya Kenya ryateje umuvundo ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakeka ko ryaba ari ‘fake’.

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 16 Kanama, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasobanuye ko itigeze imenyeshwa iki cyemezo n’abayobozi ba Kenya.

Byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo avugana na mugenzi we wa Kenya kuri uyu wa Gatandatu ku manywa ku mibanire y’ibihugu byombi nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Mu itangazo ryabanjirije iki kiganiro kuri telefone, DRC yatangaje ko iri genwa “ridakwiye” mu mujyi wigaruriwe na AFC / M23 . DRC yongeye gushimangira ko ishyirwaho ry’umuyobozi w’ibiro bihaharariye igihugu cy’amahanga ku butaka bwa yo ari yo igomba kubyemeza mbere.

Kinshasa rero yihanangirije kandi isaba Nairobi “kwitonda” mu rwego rwo “kwirinda ubwumvikane buke, ibihuha, cyangwa gushaka kugaragaza ko byemewe kwigarurira uturere tugenzurwa na AFC / M23 kuri ubu.

Iki gisubizo ariko cyafashwe nk’ikidahagije ku muryango w’abenegihugu, LUCHA, usaba ko imibanire ishingiye kuri za ambasade n’ubukungu hagati ya RDC na Kenya yahita ihagarikwa.

Kuri uyu muryango, igikorwa cya Nairobi ni “ugusuzugura” amategeko mpuzamahanga kandi kinatanga ikimenyetso giteye akaga: kugira ibisanzwe kwigarurira ahantu ku ngufu n’iterabwoba”.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *