Urukiko rwa Gisirikare rwongeye kwimura isomwa ry’urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivili n’abasirikare, harimo n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS).
Aba bose bakurikiranyweho ibyaha birimo gufatanya gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, ndetse no gukoresha inyandiko zidafite agaciro, ibintu bivugwa ko byanyuze muri Minisiteri y’Ingabo.
Isomwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki 21 Kanama 2025, ariko ryimuriwe ku wa 26 Kanama 2025 saa yine za mu gitondo, kandi bikavugwa ko rizabera mu ruhame.
Ku wa 18 Kanama 2025 nibwo habaye iburanisha mu muhezo, ubushinjacyaha busaba ko abaregwa bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo biborohere kubakurikirana, kuko ngo baramutse barekuwe byabagora kubabona.
Amakuru dukesha Umuseke avuga ko impamvu nyamukuru yatumye urubanza rwimurwa ari uko umucamanza atari yararangiza kurwandika kubera ubunini n’uburemere bw’uru rubanza.
Nk’uko amategeko abivuga, icyaha aba bantu bashinjwa gishobora guhanishwa nibura imyaka ibiri y’igifungo. Niyo mpamvu ubushinjacyaha busaba gufungwa by’agateganyo, mu gihe abaregwa bo basaba gukurikiranwa bari hanze.
Ibyaha bakurikiranweho bifitanye isano n’urugendo rwa APR FC mu Misiri muri Nzeri 2024 ubwo yakinaga na Pyramids FC mu mikino ya CAF Champions League, ndetse n’izindi ngendo z’abayobozi ba RCS zari zanditswe ku kigo cya Minisiteri y’Ingabo.


