ZXFXNAZDJZNXHNJZHRNMGJDMYY

RDC: Urubanza rwa Joseph Kabila rurakomeje

Sangiza iyi nkuru

Urubanza rwa Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rwakomeje kuri uyu wa Kane, itariki ya 21 Kanama 2025, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa DRC. Uyu munsi iburanisha rizatangira icyiciro cyo kuburana. Nk’uko byatangajwe na Perezida wa mbere w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Lt. Gen. Mutombo Katalay Tiende Joseph, ngo bahawe umucyo bihagije ku bijyanye n’uru rubanza.

Mu iburanisha riheruka, hakomeje gusuzumwa ibimenyetso byinshi, harimo n’ikiganiro bivugwa ko cyatanzwe n’uwahoze ari umukuru w’igihugu Joseph Kabila kuri RFI. Iki kiganiro kirimo gukoreshwa n’urukiko nk’ikimenyetso kigaragaza ubufatanye bwa Joseph Kabila n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23.

Muri urwo rubanza kandi, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yatanze ibindi bimenyetso byinshi kugira ngo Urukiko Rukuru rubisuzume. Ibi bizayemerera gushyigikira neza ingingo zayo mu rwego rwo kugaragaza uruhare rw’uwahoze ari Umukuru w’igihugu ku buryozwe bw’imbonezamubano no kubona indishyi. Ibi bimenyetso bishya bigaruka ku mwirondoro w’uwahoze ari perezida n’ubwenegihugu. Nk’uko Me Richard Bondo abitangaza ngo uwahoze ari Umukuru w’igihugu yashyize ku masezerano abiri umukono we urimo inyuguti zibanza z’amazina ye bwite: “Hyppolite Kanambe.”

Kuva urubanza rwatangira, mu gihe uregwa, Joseph Kabila adahari, ashinjwa ibyaha byinshi birimo ubugambanyi, gukorana n’umutwe w’inyeshyamba, gucura umugambi mubisha, no guha ishingiro iterabwoba. Uru rubanza rukurikira icyemezo cyatanzwe na Minisitiri w’ubutabera, cyahawe umugisha na Sena ya RDC nk’uko tubikesha Actualite.cd.

Ibi birego byatanzwe na guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi, byamaganwe cyane n’abegereye uwahoze ari perezida, bamagana “itotezwa rya politiki” ryateguwe kugira ngo bakureho uwo bahanganye. Inteko rusange yabereye muri Palais du Peuple i Kinshasa, yabaye nta Kabila ubwe yari ahari.

Ishyaka rye rya politiki, Parti du peuple pour la reconstruction et la démocratie (PPRD), rifata uru rubanza “nk’ikinamico.” Nk’uko Ramazani Shadary, umunyamabanga uhoraho w’ishyaka rya Kabila abitangaza, ngo ikigamijwe ni “ukwegezayo umunyapolitiki ukomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, aho kugira ngo hashyirweho inzira ikwiye yo gushyira imbere amahoro n’ubufatanye bw’igihugu.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *