Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Kanama 2025, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Abadepite b’Abarepubulikani bo Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Abo badepite ni; Austin Scott, wo muri Georgia na Salud Carbajal wo muri California bombi bakorera muri komite ishinzwe ibijyanye n’igisirikare ndetse na Jimmy Panetta wo muri Komite y’Inteko ishinzwe uburyo leta yinjiza n’uko ikoresha amafaranga.

Baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na Amerika mu nzego z’ingenzi nk’umutekano w’akarere, uburezi, n’ubuzima nk’uko amakuru macye yashyizwe ahagaragara na Perezidansi avuga.



