images-2022-12-28T082847.048

Igitero gishya FARDC n’abambari bayo cyiciwemo abaturage 3

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23, washinje Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwica abaturage batatu, mu bitero bishya ryagabye mu gace ka Bukombo muri Teritwari ya Masisi.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko icyo gitero cyabaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama.

Yavuze ko abantu batatu: Mbirinde Bishura, Nyiramutuzo Ruzindana na Salama Ruzindana ari bo baguye muri kiriya gitero.

AFC/M23 yamaganye Imiryango Mpuzamahanga ishinzwe uburenganzira bwa muntu ikomeje guceceka ku bwicanyi ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gukorera abaturage.

Igitero cyo kuri uyu wa Gatanu kirakurikira ibitero bikomeye ingabo za Leta ya RDC zifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi bagabye mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ejo ku wa Kane, bakoresheje intwaro ziremereye na za drones z’intambara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *