Polisi ya Uganda ikorera mu gace ka Jinja, yarashe Larzarus Obelajo usanzwe ari umuzamu w’ikipe ya Busoga United yo mu kiciro cya mbere.
Uko kurasana kwabereye mu kirwa cya Kisima giherereye mu kiyaga cya Victoria. Uwo mukinnyi yarashwe mu ijoro ryo ku wa gatatu w’iki cyumweru, ubwo Polisi yageragezaga gukura abantu mu muhanda ngo bajye mu ngo zabo, nka rimwe mu mabwiriza yashyizweho na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Obelajo yarashwe nyuma y’uko abaturage bari mu bwato na we yarimo bashwanye na Polisi. Amakuru avuga ko uriya muzamu yakomeretse nyuma yo kuraswa mu nda. Iraswa ry’uriya muzamu wahise ujyanwa ku bitaro bya Jinja, yemejwe Diano Nyago, umuyobozi w’iriya kipe.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize ati” Obelajo yinjiye mu bitaro bikuru bya Jinja. Yavuze ko hakenewe amasengesho menshi mu gihe cyo gukira kwe no mu bihe nk’ibi.”
ChimpReports ivuga ko mu ishwana rya Polisi n’abaturage, ushinzwe umutekano w’urwego LDU (Local Defense Unit) yishwe, nyuma yo kuraswa mu buryo bw’impanuka.


