images (3)

Walikale: Habaye imirwano ikaze mu gitero cya wazalendo ku birindiro bya M23

Sangiza iyi nkuru

Umunsi wo kuwa Gatandatu, itariki ya 13 Nzeri, waranzwe n’imirwano ikaze muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Nyuma y’imirwano yabereye i Kasopo, hafi ya Kashebere, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo mu gitondo, wazalendo yagabye igitero gishya ku birindiro by’inyeshyamba ku musozi wa Bueni, ku mupaka uhuza gurupoma za Luberike na Waloa Yungu mu Murenge wa Wanianga.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako karere agera kuri Actualite.cd avuga, intwaro ziremereye n’izoroheje zakoreshejwe n’impande zari zihanganye muri iyi mirwano.

Ubwo iyi nkuru yandikwaga ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize ngo ibintu byari bikomeje kuba bibi muri kariya gace ka Kivu y’Amajyaruguru, aho abarwanyi ba AFC / M23 bongereye imbaraga kuva ku wa Gatanu, itariki ya 12 Nzeri, hagamijwe gukomeza ibirindiro byabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *