73986270_605

Iturika rihambaye mu kabari k’i Madrid ryahitanye umuntu abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, iturika rihambaye mu kabari ko mu murwa mukuru wa Espagne, Madrid, ryahitanye umuntu umwe rikomeretsa byibuze 25.

Abakozi bashinzwe ubutabazi babonye umurambo w’umugabo mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru ubwo bashakishaga bari kumwe n’abashinzwe kuzimya umuriro n’abapolisi baho, nkuko byatangajwe na serivisi zishinzwe ubutabazi bwihutirwa i Madrid.

Inzego z’ubutabazi zavuze kuwa Gatandatu nijoro ko babiri mu bakomeretse bari bameze nabi, mu gihe batatu “byari bikabije”.

Ukuriye abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro, Javier Romero, yavuze ko abantu bane bakuwe mu matongo ari bazima.

N’iki cyateye iturika?

Ibitangazamakuru byaho byatangaje ko iturika ryabereye mu kabari ka “Mis Tesoros” saa cyenda za mu gitondo. (1300 UTC / GMT) mu karere ka Puente de Vallecas ka Madrid, ryatewe na gaz.

Nk’uko ikinyamakuru El Pais kibitangaza, umuyobozi w’ishami rishinzwe kuzimya umuriro mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Madrid, Carlos Marin, yasobanuye ko ari iturika ryatewe na gaz, ariko ko kugeza ubu batarabasha kumenya neza ubwoko bwa gaz, icyabiteye, cyangwa aho yaturikiye.

Umuyobozi wungirije akaba n’intumwa ishinzwe umutekano n’ibihe bidasanzwe mu mujyi wa Madrid, Inmaculada Sanz, we yavuze ko hakiri “hakiri kare kumenya icyaba cyateye iryo turika.”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *