Kuri uyu wa Kane, uwahoze ari umuyobozi wa FBI, James Comey, yashinjwaga icyaha cyo gutangaza ibinyoma no kubangamira ubutabera.
Umushinjacyaha wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu burasirazuba bwa Virginie, Lindsey Halligan, yatangaje ibyo aregwa, anavuga ko Comey ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka itanu aramutse ahamwe n’icyaha.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimye inyandiko y’ibirego ku rubuga rwe nkoranyambaga, Truth Social, avuga ati: “Comey ubu ari mu ntangiriro zo kuryozwa ibyaha yakoreye Igihugu cyacu.”
Umushinjacyaha Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pam Bondi, yavuze ko inyandiko y’ibirego “igaragaza ubushake bwa Minisiteri y’Ubutabera bwo gukurikirana abakoresha nabi ububasha bwabo kugira ngo bayobye Abanyamerika.”
Umuyobozi wa FBI kuri ubu, Kash Patel, na we yagize ati: “Nta muntu uri hejuru y’amategeko.”
Muri manda ya mbere ya Trump ku butegetsi, FBI, yayoborwaga na Comey kuva mu 2013, yari irimo gukora iperereza ku kwivanga kw’u Burusiya mu matora yo mu 2016 ndetse n’uko iki gihugu cyaba cyarafashije Trump gutsinda ayo matora.
Iperereza ku Burusiya ryarakaje Trump mu mezi ya mbere ya manda ye ya mbere ku butegetsi, bigera aho yaje kwirukana James Comey ku mirimo ye muri Gicurasi 2017.
Uyu mugabo we avuga ko ari umwere kandi yari azi ko ugerageje gukurikirana Trump bimugiraho ingaruka.


