676c4efb483a6

Mogadishu: Al shabab yagabye igitero gikaze kuri gereza y’urwego rw’iperereza

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, abategetsi ba Somalia bavuze ko abarwanyi ba Al Shabab bagabye igitero ku ri gereza irinzwe cyane yo munsi y’ubutaka y’urwego rw’ubutasi mu murwa mukuru, Mogadishu, bituma habaho guhangana gukomeye.

Igitero cyibasiye ikigo cya Godka Jilacow, gikoreshwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano muri Somalia, giherereye hafi y’ingoro ya Perezida gifungiwemo abarwanyi ba Al shabab bagiye bafatwa kuva 2007 nk’uko bitangazwa na Reuters.

Abayobozi bavuze ko iki gitero cyatangijwe n’imodoka itezemo bombe yiyoberanije nk’iy’urwego rw’ubutasi, igamije gusenya amarembo y’ikigo.

Ababyiboneye bavuga ko igisasu kiremereye cyaturitse hakurikiraho urusaku rw’amasasu, umwotsi mwinshi utangira kuzamuka mbere y’uko ingabo za leta zihagera kugira ngo zihagarike icyo gitero.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’ibyabaye, Al Shabab yigambye icyo gitero, ivuga ko abarwanyi bayo bakoresheje igisasu giteze mu modoka ndetse n’igitero cyo ku butaka kugira ngo binjire muri icyo kigo, bivugana ingabo nyinshi za leta.

Ingabo za Somaliya zimaze imyaka mirongo zirwana na Al Shabab. Mu mezi ashize, bongeye kugenzura uturere twinshi two muri Somaliya rwagati no mu majyepfo twari twarigaruriwe n’uyu mutwe w’iterabwoba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *