Col Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabwiye Leta y’iki gihugu ko bishobora kuzayitwara imbaraga nyinshi mu gihe yaba idakumiriye hakiri kare abashoferi batwara amakamyo yo mu karere kwinjira ku butaka bwa Uganda.
Besigye yavuze ibi, mu gihe abashoferi b’akamyo atwara ibicuruzwa banduye icyorezo cya Virusi ya Corona bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi muri Uganda.
Ku bwa Besigye “Gushaka abahuye n’abanduye Coronavirus no kubacunga biragoye cyane kuruta gukumirira abashiferi ku mipaka.”
Uyu mugabo asanga kuba abashoferi b’amakamyo bakomeje kwinjira ku butaka bwa Uganda ari “uburangare bukomeye”.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ubuzima muri Uganda, igaragaza ko abantu 11 baheruka kwiyongera ku banduye Coronavirus muri iki gihugu, abashya bose uko ari 11 bakaba ari abashoferi b’amakamyo bo mu bihugu bya Kenyatta na Tanzania.
Ibi bihugu uko ari bibiri ni byo bikomeje korekwa cyane na Coronavirus mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho Kenya ibarizwamo abantu 320 banduye iki cyorezo na 14 kimaze kwica, mu gihe Tanzania ibarizwamo 284 bacyanduye barimo 10 kishe.
Muri Uganda ho harabarurwa 74 bacyanduye
Itangazo ry’ubwandu bushya Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yaraye isohoye, ryasembuye abaturage b’iki gihugu basaba Leta yacyo gukora ibishoboka byose ikarokora Uganda
Hari uwitwa Noah Ssetuba wagize ati “Muratugumisha mu ngo zacu hanyuma mukinjiza munashyira mu kato ubwandu bushya. Ubu ni ubuhe bwoko bw’ubupfumu bwirabura? ”
Mu rwego rwo kwirinda ko icyorezo cya Coronavirus gikomeza gukwirakwira, Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Uganda Jeje Odong yavuze ko bari kureba uburyo abashoferi b’amakamyo batazajya bambukiranya ibihugu by’akarere.
Urugero niba umushoferi azanye ibicuruzwa muri Uganda abivanye i Mombasa, azajya agera i Busiya ku mupaka wa Kenya na Uganda imodoka atwaye isukurwe, hanyuma ishyikirizwe undi mushoferi wari muri Uganda abe ari we ukomeza urugendo.


