Seth Kikuni yarekuwe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 18 Ukwakira, nyuma yo kubazwa n’inzego z’umutekano nk’uko umwunganizi we, Ramazani Shabani abitangaza.
Irekurwa rye ryarangije amasaha menshi y’igihirahiro nyuma y’ifatwa rye akigera ku kibuga cy’indege cya N’Djili i Kinshasa avuye i Nairobi.
Ku wa Gatandatu, itariki ya 18 Ukwakira 2025, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Seth Kikuni, wahoze ari umukandida ku mwanya wa perezida, yatawe muri yombi, ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’Djili.
Abavandimwe be bavuga ko yari atashye avuye i Nairobi, aho yari yitabiriye inama yashingiwemo umutwe mushya w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bise “Sauvons la Republique Democratique du Congo” watangijwe n’uwahoze ari umukuru w’igihugu, Joseph Kabila.



One Response
Rushobora kuba ari ikina mico, Seth akaba yaragiye ari intumwa igihe kuneka yahawe amafaranga. Naho ubundi ntiyava mu nama y’abanzi ngo abure gufungwa. Kuri Tshisekedi no kwicwa yakwicwa