AP25243808178482

Paris: Abajura bibye imitako y’agaciro mu Nzu Ndangamurage ya Louvre ku manywa y’ihangu

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki 19 Ukwakira 2025, Inzu Ndangamurage ya Louvre, mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, yinjiriwe n’abajura kabuhariwe batwara imitako y’agaciro “katagereranywa”, nk’uko minisitiri w’umuco w’u Bufaransa abitangaza.

Rachida Dati yavuze ko ibyabaye byabaye mu gihe inzu ndangamurage, imwe mu zizwi cyane ku Isi, yafunguraga imiryango kuri iki Cyumweru mu gitondo.

Yanditse kuri X ati: “Ubujura bwabaye muri iki gitondo ubwo hafungurwaga Inzu Ndangamurage ya Louvre.”

Yatangarije televiziyo ya TF1 ati: “Umwe mu mitako watoraguwe hafi ya Louvre.”

2025 01 23t134709z 1568675740 rc2kfca4jsz6 rtrmadp 3 france tourism louvre

Abajura binjiriye mu idirishya

Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Laurent Nunez, yavuze ko ibyabaye ari “ubujura bukomeye.”

Yavuze ko abajura bitwaje iminyururu mito, bakoresheje igitebo kugira ngo bagere mu cyumba bashakaga. Bahungiye kuri moto bafite imitako yibwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *