Kuri iki Cyumweru, itariki 19 Ukwakira 2025, Inzu Ndangamurage ya Louvre, mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, yinjiriwe n’abajura kabuhariwe batwara imitako y’agaciro “katagereranywa”, nk’uko minisitiri w’umuco w’u Bufaransa abitangaza.
Rachida Dati yavuze ko ibyabaye byabaye mu gihe inzu ndangamurage, imwe mu zizwi cyane ku Isi, yafunguraga imiryango kuri iki Cyumweru mu gitondo.
Yanditse kuri X ati: “Ubujura bwabaye muri iki gitondo ubwo hafungurwaga Inzu Ndangamurage ya Louvre.”
Yatangarije televiziyo ya TF1 ati: “Umwe mu mitako watoraguwe hafi ya Louvre.”

Abajura binjiriye mu idirishya
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Laurent Nunez, yavuze ko ibyabaye ari “ubujura bukomeye.”
Yavuze ko abajura bitwaje iminyururu mito, bakoresheje igitebo kugira ngo bagere mu cyumba bashakaga. Bahungiye kuri moto bafite imitako yibwe.


