Ifungwa ry’umupaka rimaze igihe hagati y’u Burundi n’u Rwanda rikomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage babarirwa mu magana, barimo abagore barwaye kanseri y’ibere mu Burundi, bishingikirizaga ku buvuzi bwambukiranya imipaka kugira ngo bavurwe. Aba barwayi baramagana ikiguzi n’umunaniro biterwa n’ingendo ndende bakora cyane cyane baca muri Tanzaniya.
Icyemezo cyo gufunga imipaka cyafashwe muri Mutarama 2024 na Guverinoma y’u Burundi nyuma yo gushinja u Rwanda gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’u Burundi, cyane cyane RED-Tabara, umutwe w’inyeshyamba ukorera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Perezida Évariste Ndayishimiye yavuze kenshi ko “amahoro mu Burundi adashobora kwizerwa mu gihe ibihugu bimwe na bimwe bituranye bikomeje gucumbikira abanzi b’Abarundi.” Atiriwe avuga u Rwanda mu buryo bweruye, amagambo ye yatungaga urutoki Kigali, ashinja “guhungabanya umutekano w’akarere” no gushaka “gutera igihugu cye nkuko yateye Congo,” nk’uko yabitangaje.
I Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, ahiganje ibigo by’Umuryango w’Abibumbye n’ubuyobozi bukuru, Ikinyamakuru SOS Medias Burundi kivuga ko cyaganiriye n’uwo cyise NC, umurwayi, wagize ati:
“Mu myaka itanu ishize, bambwiye ko mfite kanseri y’ibere. Kimwe n’abandi bose, nagize ubwoba. Icyo gihe, byari byoroshye kwivuriza mu Rwanda. Urugendo ntirwari ruhenze, nubwo ubuvuzi bwari buhenze. Uyu munsi, ngomba kunyura muri Tanzaniya. Urugendo ni rurerure kandi rurambiranye, cyane cyane iyo urwaye.”
Kimwe n’abandi benshi, arasaba igisubizo cyihuse:
Ati: “Bamwe bavuga ko dushobora kwivuriza hano, ariko ntibazi icyo ari cyo kubana n’indwara ihungabanya umuryango wose. Turasaba leta, nk’umubyeyi, kureba ibirenze ibibazo bya politiki no gufungura imipaka kugira ngo tubone ubuvuzi byoroshye.”
Undi bise G.K., na we umaze imyaka irenga itanu arwaye kanseri y’ibere, na we abibona kimwe na mugenzi we:
Ati: “Igihe bansuzumaga iyi ndwara, abana banjye bari bakiri bato cyane. Umugabo wanjye yaranshyigikiye anjyana mu Rwanda, aho naje kwitabwaho cyane. Uyu munsi, ndimo gukurikiranwa n’abaganga, ariko gufunga imipaka bituma ibintu byose bigorana cyane. Guca muri Tanzaniya birarambirana kandi birahenze. Guverinoma igomba gufata ingamba zo guhindura iki kibazo.”
Undi murwayi witwa Cassilde, na we yavuze imbogamizi ahura na zo:
Ati: “Nkunze gukora uru rugendo ngiye kwivuza. Ntabwo ari amahitamo, ni ngombwa. Imipaka nifungurwa, tuziruhutsa cyane.”
Iki kibazo cyari cyakomojweho mu iperereza ryakozwe na SOS Médias Burundi, mu nkuru yasohotse ku itariki ya 14 Nyakanga 2025, ryerekanye ko ingendo zigoye kandi ziteje akaga abagenzi n’abarwayi bo mu Burundi bakeneye ubuvuzi hakurya y’imipaka, hagaragazwa ingaruka ku buzima zatewe n’ifungwa ry’imipaka ku buzima bw’abaturage.


