A245-2

Ibindi bitero bya Drones za FARDC byibasiye M23 muri Masisi na Walikale 

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wongeye gushinja ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” two muri za Teritwari za Masisi na Walikale, zikoresheje drones z’intambara.

Ni ibitero umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka yavuze ko byagabwe mu duce twa Nyarushyamba muri Teritwari ya Masisi na Kashebere ho muri Walikale, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Ukwakira 2025.

Ibi bitero birakurikira ibyo ingabo za Leta byagabye mu duce twa Mpeti na Nzibira ku wa Kabiri tariki ya 21 Ukwakira, zikoresheje drones z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.

Nyuma y’ibi bitero M23 yashinje Leta ya RDC kwica amasezerano y’agahenge bagiranye, ndetse no “gukandagira ibiganiro bya Doha”, ibyo uriya mutwe wise ko Kinshasa ikomeje kugaragariza Isi ko itifuza gukemura amakimbirane bafitanye mu mahoro.

M23 nyuma yo gusaba abayobozi b’akarere ndetse n’amahanga kuzayibera umuhamya, yongeye gushimangira ko ifite uburenganzira bwo kwirwanaho ndetse n’ubwo kurinda abaturage, biciye mu kujya guhagarikira ibitero aho bituruka.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *