Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda, bwatangaje ko irushanwa ryo Kwibuka mu bagore muri uyu mwaka wa 2020 ritakibaye bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyugarije isi n’u Rwanda cyatumye ibikorwa byose by’imikino bihagarara mu gihugu.
Irushanwa rya Cricket ryari kuzaba ku nshuro ya gatandatu, rikaba ari rimwe mu marushanwa aba ku ngengabihe y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Cricket (ICC) rikabera mu Rwanda , hagamijwe kuzirikana no kwibuka Abatutsi bazize Jenoside mu 1994.
Iri shyirahamwe ryatangaje ko iry’uyu mwaka ritakibaye akaba ari ugutegereza iryo mu mwaka utaha 2021.
Iriheruka rya 2019 ubwo ryabaga ku nshuro ya gatanu ryari ryitabiriwe n’amakipe y’abagore y’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere birimo Uganda, Kenya na Tanzania ribera kuri sidade Mpuzamahanga ya Cricket ya Gahanga mu Mujyi wa Kigali riza kwegukanwa na Tanzania.
Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko ibikorwa bya Siporo n’imyidagaduro byemerewe kuzongera gukora guhera muri Nzeri 2020 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.


