Itsinda rigizwe n’ abaganga ba gisirikare 63 b’ u Rwanda bageze I Kigali baturutse mu butumwa bw’akazi muri Centrafrica aho bavuye abarwayi benshi biganjemo abakozi ba Loni.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iryo tsinda ry’ abaganga b’ inzobere bo muri RDF babarirwaga mu cyiciro cya kabiri (Level II Hospital) bakoraga kimwe n’ izindi ngabo zose za Loni ziri mu butumwa bw’ amahoro aho muri Centrafrica.
Umuyobozi w’ iri tsinda ry’ abaganga, Lt Col King Kayondo akigera ku Kibuga cy’ indege cya Kigali I Kanombe yatangaje ko mu butumwa barimo we na bagenzi be bavuye ahanini indwara zikomeye mu rwego rwo gufasha izindi serivisi z’ ubuvuzi zazahajwe n’ intambara z’ urudaca zagiye zibasira Centrafrica.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com



