Ukuri ku bivugwa ko Perezida wa Madagascar yahawe amafaranga ngo aroge umuti yemeje ko uvura Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi, haracaracara amakuru ku buryo hari aho bigorana kumenya ukuri. Ni ko bigenda no ku muti wa Covid-Organics Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yemeje ko uvura iki cyorezo ibitangazamakuru byatangaje ko yavuze ko Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, wamuhaye miliyoni 20 z’amadolari ngo awuroge.

Umuti wa Covid-Organics wazamuye impaka. Abasesenguzi bamwe nk’uko byatambutse mu bitangazamakuru mpuzamahanga, ntabwo bizeye ubushobozi bwa Madagascar ku buryo uyu muti wabonekayo; cyane ko ngo ‘urwego ubuvuzi bwaho buriho ruri hasi’. Gusa ibi ntibyabujije bimwe mu bihugu by’Afurika kuwusaba Andry Rajoelina, na we arawubiha.

WHO nk’umuryango ufite ububasha bwo kwemeza umuti w’icyorezo cyadutse nk’iki, ubifashijwemo n’abahanga b’abashakashatsi, ntabwo yigeze yemera uyu muti. Yavuze ko utarasuzumwa, bityo byaba biri kare kwemeza ko wavura iki cyorezo.

WHO yahaye Perezida Rajoelina miliyoni 20 kugira ngo aroge Covid-Organics!

Ni ikibazo cyo kwibazwa ndetse bitangaje kumva ibi bintu bivugwa kuri WHO, umuryango ufite inshingano zo gukiza amagara y’abatuye Isi ndetse na Rajoelina cyangwa Madagascar, ahashobora kuva igisubizo cy’imihangayiko ya Covid-19.

Inkuru yasohowe n’igitangazamakuru cya Tanzania Prespective cyo muri Tanzania, isakara amahanga ityo. Nk’uko bigaragara mu magambo ya Perezida Rajoelina, aya makuru agaragaza ko WHO yanze umuti wa Covid-Oraganics kuko wavuye muri Afurika. [Iyi mvugo ikunze kuzamurwa n’ababona ko Afurika idahabwa agaciro nk’iyindi migabane].

Iyi nkuru yavuze ku kiganiro Rajoelina yagiranye na France 24 na RFI, igira iti: “Ndatekereza ikibazo ni uko umuti ukomoka muri Afurika, rero ntabwo bawemera. Madagascar yawukoze kugira ngo ikize Isi. Ese iyaba atari Madagascar, kikaba ikindi gihugu i Burayi, hari kubaho ugushidikanya? Si ko mbitekereza.”

Iki gitangazamakuru gihera kuri iyi nkuru ya France 24 na RFI yasohotse mu mashusho tariki ya 14 Gicurasi, kivuga ko Perezida Rajoelina yongeyeho ko WHO yashatse kumuha aka kayabo ka miliyoni z’amadolari kugira ngo aroge uyu muti. [Ubwo niba ukiza icyorezo, ahubwo wahinduka uburozi, ukarimbura abantu]

Rajoelina yavuze aya magambo?

Tariki ya 11 Gicurasi ni bwo Perezida Rajoelina yagiranye ikiganiro na France 24 ndetse na RFI, cyavugaga ku muti wa Covid-Organics yemeje tariki ya 20 Mata 2020 ko wavuye abantu babiri Covid-19.

Tariki ya 14 Gicurasi, ibi bitangazamakuru ni bwo byashyize ahagaragara ikiganiro byagiranye na Rajoelina gifite iminota 17 n’amasegonda 4, umutwe wa ‘Exclusive: Madagascar’s President defends controversial homegrown Covid-19 cure’ mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo : “Perezida wa Madagascar ashyigikiye umuti w’iwabo wa Covid-19 utavugwaho rumwe”.

Kanda hano urebe videwo https://youtu.be/Qp7KB-rY1Aw

Muri iyi videwo, nta hantu uyu Mukuru w’Igihugu yumvikana avuga ku by’iyi ruswa ahubwo ashimangire ubushobozi bwa Covid-Organics.

N’ubwo iyi videwo yahiye ahagaragara, biracyagoye kwemeza cyangwa guhakana iby’aya magambo. Hakwibazwa niba uyu Mukuru w’Igihugu yaravuze aya magambo, bigakurwamo hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, cyane ko bigaragara ko iyi videwo ifite umwimerere w’ururimi rw’Igifaransa yasemuriwe mu Cyongereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *