Urupfu rw’Umunyamerika w’umwirabura Rayshard Brooks warashwe ahunga Polisi, rwatumye umukuru wa polisi yo mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia asezera ku mirimo ye.
Ubwegure bwa Erika Shields wayoboraga Polisi muri uyu mujyi,bwemejwe na Mayor Lance Bottoms uyobora umujyi wa Atlanta aho yavuze ko Shields ubwe yamugejejeho ubwegure ejo kuwa Gatandatu.
Brooks w’imyaka 27 y’amavuko, yarasiwe n’umupolisi imbere ya resitora ‘The Wendy’s. Ejo ku wa Gatandatu abigaragambya bahise batwika iyi resitora banafunga umuhanda munini uzwi nka Interstate-75 – wo muri uyu mujyi.
Amakuru aturuka mu rwego rw’iperereza rwa Georgia (GBI),avuga ko Brooks yanze gutabwa muri yombi nyuma y’uko Polisi yari imusanze yasinze agasinzirira mu modoka ye,bikaba imbogamizi yatumye Polisi ihuruzwa kuko yari yafunze umuhanda w’abagana iyi resitora.
Iyi raporo ikomeza ivuga ko amashusho yafatiwe imbere muri resitora yerekana abapolisi birukankana Brooks, akaza guhindukira agatunga umupolisi intwaro ituma umubiri w’umuntu ugagara yari yabashikuje, umwe mu bapoli agahita amurasa.
Amashusho yatanzwe n’abavuga ko babibonye yo yerekana Brooks ashikuza iyo ntwaro igagaza umubiri akiruka. Nyuma humvikana amasasu, Brooks akagaragara arambaraye hasi bikaza kurangira aguye kwa muganga aho yari yajyanywe kwitabwaho nyuma y’amasasu yarashwe n’aba bapolisi.
Iyi myigaragambyo y’abafite ibyapa biriho izina rya Brooks n’amagambo avuga ko ubuzima bw’abirabura bufite agaciro,ije isanga iyakorwaga nyuma y’urupfu rwa George Floyd wishwe n’abapolisi bo muri Minnesota bamunigishije ivi.


