Mu gihe Tanzania yari mu matora rusange yo ku wa 29 Ukwakira, abahanzi benshi bakomeye mu njyana ya Bongo Flava bagaragaje ko bashyigikiye Perezida Samia Suluhu Hassan, umukandida wa Chama Cha Mapinduzi (CCM).
Icyo cyari kigamije kumwereka urukundo n’ishimwe kubera ibyo yakoze mu buyobozi bwe, ariko byaje gukurura uburakari bukomeye mu baturage bamwe, babashinja gukoresha izina ryabo mu bikorwa bya politiki.
Nyuma y’amatora yagaragayemo imyigaragambyo n’imvururu, bamwe mu bahanzi bahuye n’ingaruka zikomeye, harimo gutukwa ku mbuga nkoranyambaga, kwangirizwa ibikorwa byabo, ndetse n’ibyago ku mutekano wabo.
Dore bamwe mu bahanzi bakomeye bahuye n’ingaruka nyuma yo gushyigikira Perezida Samia Suluhu.
1. Diamond Platnumz: Yasibye ibyo yari yanditse nyuma y’igitutu
Umuhanzi ukomeye Diamond Platnumz yari mu ba mbere batangaje ko bashyigikiye kandidatire ya Samia Suluhu, anamushimira ibyo yakoze mu burezi, ubuhinzi, ubuzima n’ibikorwaremezo.
Nyuma y’amatora yateje umwuka mubi, Diamond yaje gusiba ubutumwa bwe bwose kuri Instagram.
Abafana benshi bamushinje uburyarya no gushaka kwitandukanya n’amakimbirane kugira ngo asubirane isura nziza imbere y’abamukunda.
2. Billnass: Iduka rye ryatwitswe
Umuraperi Billnass, umugabo wa Nandy, yari mu batangaga ubuhamya bukomeye bushyigikira Samia Suluhu kandi yitabiriye ibikorwa byinshi bya CCM.
Nyuma y’imyigaragambyo, abantu batazwi batwitse iduka rye Nenga Tronix riherereye i Dar es Salaam.
Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza iduka rishya, bamwe mu bigaragambya bavuga ko bazahiga n’abandi bahanzi bashyigikiye Suluhu barimo Ali Kiba na Diamond Platnumz.
3. Zuchu: Yaje kuvugirizwa induru mu gitaramo
Umuhanzikazi Zuchu yagaragaye acuranga indirimbo irimo ijambo “Indi myaka itanu” imvugo yo kwamamaza Perezida Samia mu gitaramo cyabereye i Mbeya.
Ibyo byateje uburakari bw’abari aho, bamwe batangira kumuvugiriza induru.
Icyo gihe, amashusho y’icyo gitaramo yasakaye cyane ku mbuga nkoranyambaga, benshi bamushinja gukoresha umuziki mu nyungu za politiki.
4. Alikiba:Â Yashinjwe gukina ku mpande zombi
Umuhanzi mukuru Alikiba nawe yabonye ibitutsi byinshi nyuma yo gushimira Samia Suluhu ku ntsinzi ye.
Abafana bamwe bamushinje kuba atizerwa, bavuga ko yagaragaje ubunyangamugayo bucye kubera kwigaragaza nk’utari ku ruhande kandi mu by’ukuri ashyigikiye CCM.
Bamwe bigeze no kureka kumva umuziki we by’agateganyo.
5. Nay Wa Mitego: Ntiyari ku ruhande ariko yagarutsweho
Umuraperi Nay Wa Mitego, uzwi cyane kubera indirimbo zimurikiriza ibibazo bya sosiyete, nawe yisanze mu makimbirane.
Nubwo atigeze ashyigikira uruhande na rumwe, abafana ba Samia Suluhu bongeye kuzana ibitekerezo bye bya kera bikosora ubutegetsi, bamushinja kudaha agaciro ubuyobozi bushya.
6. Itsinda rya Gospel ryashinjwe gukwirakwiza indirimbo “Mnatuona Nyani”
Itsinda ry’abaririmbyi ba gospel ryanditse indirimbo yiswe Mnatuona Nyani (“Mudufata nk’inkende”) ryisanga mu manza.
Iyo ndirimbo yakomeje kwamaganira kure ubugome bwa polisi n’ituze rya guverinoma mu gihe cy’imvururu.
Abayobozi b’igihugu bayikuye ku mbuga nkoranyambaga, abaririmbyi babazwa n’inzego z’umutekano, bitera impungenge ku bwisanzure mu buhanzi muri Tanzania.


