Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Cameroun, Issa Tchiroma Bakary yatangaje kuri uyu wa Gatanu ko yajyanywe ahantu hizewe n’abasirikare bamushyigikiye kugira ngo bamurindire umutekano, nyuma y’amatora arimo impaka nyinshi.
Tchiroma yari amaze iminsi afungiye iwe mu rugo mu mujyi wa Garoua mu majyaruguru ya Cameroun, kuva ku itariki ya 12 Ukwakira ubwo habaga amatora y’umukuru w’igihugu, aho yavuze ko ari we watsinze ayo matora.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, Tchiroma yagize ati: “Ndashimira ingabo z’igihugu zagaragaje gukunda igihugu, zinyobora ahantu hizewe kandi zikomeje kunshyiriraho uburinzi.”
Nta mubare w’abasirikare bari kumurinda yatangaje, naho Minisiteri y’ingabo ntiyigeze igira icyo ivuga kuri ayo makuru.
Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Urukiko rushinzwe gutangaza ibyavuye mu matora rwatangaje ko Perezida Paul Biya, ufite imyaka 92 akaba ari we muyobozi mukuru ukiri ku butegetsi ushaje kurusha abandi ku isi, ari we watsinze amatora. Ibyo byahise bitera imyigaragambyo ikaze mu mijyi itandukanye y’iki gihugu.
Amashyirahamwe y’abaturage yatangaje ko abantu 23 bishwe, naho barenga 500 batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu gihe cy’iyo myigaragambyo.
Mu butumwa bundi yanyujije kuri Facebook, Tchiroma yasabye abaturage gukora “guma mu rugo y’iminsi itatu” guhera ku wa Mbere, kugira ngo berekane ko batishimiye ibyavuye mu matora.
Yagize ati: “Igihugu cyose kigume mu rugo, isi yose imenye ko turwanya kandi tutazacika intege. Tugume mu ngo zacu, duce ubucuruzi, duhagarike ibikorwa byose, twerekane ko imbaraga z’ubukungu zituruka ku baturage.”
Iyi myigaragambyo ikomeje kongera umwuka w’ubwoba muri Cameroun, igihugu kimaze imyaka irenga 40 kiyoborwa na Perezida Paul Biya.


