Donald Trump yongeye guhindura itsinda rishinzwe kumwamamaza

Sangiza iyi nkuru

Umukandida w’Umurepublicain, Donald Trump, yongeye guhindura abayobozi istinda rishinzwe igikorwa cyo ko mumwamamariza umwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
trump
Donald akomeje guhuzaagurika mu gihe hasigaye amezi 3 gusa , Abanyamerika bagahitamo uzababera Perezida.
Muri iri vugururwa, Donald Trump yahaye Stephen Bannon umwanya wo kuba umuyobozi nshingwabikorwa ajejwe igikorwa cye cyo kwiyamamaza.
Stephen Bannon asanzwe ari umuyobozi w’ikinyamakuru Breibart gikorera kuri internet ndetse anashinga Kellyanne Conway igikorwa cyo gukurikirana ibikorwa bye kwiyamamaza umunsi k’ uwundi.
Guhindura ubu buyobozi bushinzwe kwamamaza Trump bishobora gutuma uruhare rwa Paul Manafort wayoboraga itsinda rimwamamaza rugabanuka kuko na Corey Lewandowski wayoboraga aka gatsinda nawe yarasezerewe muri Kamena 2016, nk’ uko bitangazwa na VOA.
Manafort yarezwe kuba yarakoranye n’uwahoze ari umukuru w’igihugu wa Ukraine, Viktor Yanukovich, wahiritswe ku butegetsi mu mwaka w’2014.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Manafort yarahakanye ko yaronse amafaranga kubyo yaba yarakoreye Yanukovich ndetse akanasobanura ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma gusa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Zamubandi Saido/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *