Ngoma: Imfungwa enye zatorotse ikigo zavurirwagamo Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Imfungwa enye zari ziri gukurikiranwa n’abaganga mu kigo cy’ishuri cya ASPEK kiri kuvurirwamo abarwayi ba COVID-19 giherereye mu murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, mu ijoro ryakeye zatorotse icyo kigo ziracika.

Abatorotse ni Nsabimana Olivier w’imyaka 30 y’amavuko, akaba ari mwene Ngirumpatse J’Damascene na Nyirandushyi Antoinette bo mu mudugudu wa Rusera, mu kagari ka Rusera, Umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza wari ufungiye ubujura.

Undi ni Banguwiha J.Paul w’imyaka 21 y’amavuko, mwene Sendwi Xavere na Muhindiri Godelive bo mu mudugudu wa Isangano, akagari ka Nyagasozi mu murenge wa Zaza muri Ngoma, wari ufungiye ubujura.

Barimo kandi Mubyarirehe alias Nyamayarwo w’imyaka 52 y’amavuko, mwene Misigaro Auguste na Mukakoroti Clodette bo mu murenge wa Mugesera, akagari ka Mugatare mu karere ka Ngoma, akaba yaregwaga icyaha cy’ibikangisho by’amagambo.

Uwa kane ni Ndagijimana Dominique ukomoka i Kabarondo muri Kayonza, gusa imyirondoro ye ikaba itaramenyekana.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamduni Twizeyimana, yabwiye BWIZA ko ziriya mfungwa zaciye grillage z’amadirishya y’amashuri zari zicumbikiwemo zigahita zitoroka.

Abajijwe ikiri gukorwa kugira ngo imfungwa zitagira abandi bantu zanduza na cyane ko zatorotse zikirwaye, CIP Twizeyimana yavuze ko hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha izi mfungwa kugira ngo zigarurwe zivurwe, asaba abaturage kwirinda amarangamutima, ahubwo uwazirabukwa agatanga amakuru kugira ngo zongere zifatwe zikurikiranwe.

Ati: “Dufatanyije n’izindi nzego mu kubashakisha, ndetse turanasaba abaturage ko baramutse bababonye baduha amakuru tukabafata kurenza uko babafata bakabashyira mu nzu, bakirinda amarangamutima yo kuvuga ngo ni mwene wacu bakamucumbikira, kuko baba bari kwikururira ibyago byinshi.”

CIP Twizeyimana yanabajijwe niba mu batorotse nta wurabasha kuboneka, asubiza ko muri bo ntawe barabona.

Imfungwa zatorotse ziri mu 72 zabonetse muri kasho ya Polisi i Ngoma, ubwo mu minsi ishize mu gihugu habonekaga abantu 101 banduye Covid-19.

Izi mfungwa zasanganywe ubu bwandu zahise zijya gucumbikirwa mu kigo cya ASPEK cyo muri kariya Karere kugira ngo zihabwe ubuvuzi, izatorotse zikaba ari ho zari ziri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *