20260116_233720

Bobi Wine yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu 

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka National Unity Platform ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, ryatangaje ko umunyapolitiki Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu ya gisirikare, akajyanwa ahantu hatazwi.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu munyapolitiki yemejwe n’ishyaka rye, mu butumwa ryanyujije ku rubuga rwayo rwa X.

NUP yagize iti: “Kajugujugu ya gisirikare yaguye mu mbuga ya Perezida Bobi Wine, imufata ku mbaraga imujyana ahantu hatazwi.”

Amakuru avuga ko Bobi Wine yafatiwe mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Magere.

Kugeza ubu yaba Guverinoma ya Uganda cyangwa igisirikare cy’iki gihugu nta wuremeza itabwa muri yombi ry’uriya munyapolitiki.

Icyakora ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa ifoto bigaragara ko ari iya kajugujugu bivugwa ko yafatiwe hejuru y’urugo rw’uriya munyapolitiki ubwo yajyanwaga.

Bobi Wine yatawe muri yombi mu gihe ku wa Kane ari mu bakandida umunani bari bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Uganda.

Amajwi y’agateganyo arerekana ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni uhabwa amahirwe yo gutsinda ariya matora ari imbere n’amajwi 75%, mu gihe hamaze kubarurwa amajwi 81%.

Kyagulanyi mu butumwa yaherukaga kwandika ku rubuga rwe rwa X, yateye utwatsi ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora, asaba abaturage kutabiha agaciro.

Bobi Wine yavuze ko ibyavuye mu matora biri gutangazwa na Perezida wa Komisiyo y’amatora, Simon Byakamana adashobora kwerekana aho yabikuraga.

Uyu mugabo kandi biravugwa ko yatawe muri yombi, mu gihe yavugaga ko kuva yava gutora igisirikare cya Uganda cyahise kimufungira iwe mu rugo nyuma yo kurugota rwose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *