photo-afp-nicolas-tucat-1619079661

Abasifuzi 10 ba mbere beza kurusha abandi ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Clément Turpin, ayoboye urutonde rw’abasifuzi 10 beza kurusha abandi ku Isi, nk’uko bigaragazwa n’urutonde ruheruka gutangazwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ibarurisha mibare n’amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS).

Turpin yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 65, aba umusifuzi wa mbere ku isi mu bagabo mu mwaka wa 2025 nk’uko byemejwe na IFFHS.

Uyu musifuzi amaze imyaka agaragara mu basifuzi bitwaye neza ku rwego mpuzamahanga, aho yakunze gusifura imikino ikomeye ku Isi ndetse agashimirwa uburyo agenzura umukino neza, imyitwarire ye ituze n’ubushobozi bwo gufata ibyemezo byihuse kandi bikwiye.

Umwanya wa kabiri wagabanyijwe hagati y’Umufaransa mugenzi we François Letexier n’Umunya-Pologne Szymon Marciniak, bombi bagize amanota 55 nyuma yo kwitwara neza mu mikino ikomeye yo ku rwego rw’u Burayi na mpuzamahanga.

Ku mwanya wa kane haje Umunya-Romania István Kovács n’amanota 54, akurikirwa n’Umwongereza Michael Oliver wagize amanota 53 ku mwanya wa gatanu.

Umudage Felix Zwayer yaje ku mwanya wa gatandatu n’amanota 45, mu gihe Umunya-Slovenia Slavko Vinčić yaje ku mwanya wa karindwi n’amanota 41.

Abandi basifuzi bari mu icumi ba mbere ni Alireza Faghani ukomoka muri Australia n’Umutaliyani Maurizio Mariani bombi banganyije amanota 25 ku myanya ya munani n’iya cyenda, mu gihe Umusuwisi Sandro Schärer ari we usoza uru rutonde ku mwanya wa 10 n’amanota 12.

IFFHS ikora uru rutonde buri mwaka ishingiye ku bitekerezo by’impuguke n’abanyamakuru b’umupira w’amaguru bo mu bihugu birenga 100 ku Isi, aho basuzuma uko abasifuzi bitwaye mu marushanwa yo mu bihugu byabo, ayo ku rwego rw’uturere ndetse n’ayo ku rwego mpuzamahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *