Capture

RDC: AFC/M23 iravugwaho kuva mu bice byinshi muri Lubero

Sangiza iyi nkuru

Hakomeje kwibazwa byinshi nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zivuye i Kipese muri Teritwari ya Lubero mu ijoro ryo ku wa Mbere, ndetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Werurwe 2026, biravugwa ko izi nyeshyamba zanavuye mu duce twa Lunyasenge, Bukununu, Musiya, na Katondi, two muri Lubero n’ubundi.

Usibye kuva muri ibyo bice hataramenyekana impamvu yabyo, biravugwa ko abaturage baho babonye bagenzi babo bahisemo gutera umugongo leta bagashyigikira M23, na bo bahunga nk’uko amakuru aturuka muri ako gace avuga.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza imirongo miremire y’ingabo za AFC/M23 n’ibikoresho byazo zirimo kwimuka ziva muri kamwe mu duce twavuzwe haruguru.

Nubwo hataratangazwa ku mugaragaro impamvu yo kwimura izi ngabo, hari abavuga ko izi ari ingaruka za mbere z’ibiganiro biherutse kuba ku itariki ya 17 na 18 Werurwe 2026, hagati ya Amerika, u Rwanda na Reubulika ya Demokarasi ya Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *