WHHO_Grounds-and-Staff_20250624_KGraczyk_130_1

Hafi y’ibiro bya Trump humvikanye amasasu

Sangiza iyi nkuru

Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rucunga umutekano wa perezida, bandi bategetsi bo hejuru n’abahoze ari abategetsi bo hejuru (Secret Service), rurimo gukora iperereza ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye mu masaha ya kare yo ku cyumweru hafi y’ibiro bya perezida, bizwi nka White House.

Abashinzwe umutekano b’urwo rwego bageze ahumvikaniye amasasu mu gace gakikije Pariki ya Lafayette i Washington DC nyuma gato ya saa sita z’ijoro, ndetse bakora ibikorwa byo gusaka muri iyo pariki iri mu majyaruguru y’urugo rwa perezida, hamwe no mu gace kahakikije.

Secret Service ivuga ko nta muntu ucyekwa wabonywe ndetse ko nta bantu batangajwe ko bakomeretse.

Uru rwego n’abafatanyabikorwa barwo barimo gushaka imodoka ishobora kuba icyekwa hamwe n’umuntu bashaka kumenya ibye.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari ari i Washington DC mu mpera y’icyumweru gishize.

Secret Service yavuze ko ibikorwa byayo bikiri ibisanzwe ariko ko hashyizweho “uburyo bw’umutekano ukajije”.

Anthony Guglielmi, umuvugizi wa Secret Service, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko iperereza ryafunze imihanda imwe n’imwe yo muri ako gace, ariko ubu yongeye gufungurwa.

Uhagarariye Secret Service yahamirije BBC ku cyumweru nimugoroba ko “iperereza rirakomeje”.

Perezida Trump yagumye i Washington DC mu mpera y’icyumweru gishize, aho kujya n’indege mu rugo rwe rw’i Mar-a-Lago, muri leta ya Florida, aho akenshi ubundi akunze kuba ari mu mpera y’icyumweru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *