Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu mugore akinjira mu gihe cyo kubyara mu buryo butunguranye.
Nk’uko byumvikanye mu majwi y’itumanaho ry’abayobora indege (ATC), umupilote yabwiye abagenzura ingendo z’indege ko hari umugore utwite uri kubyara, asaba ko bahabwa inzira yihuse kugira ngo bagere ku kibuga cy’indege vuba.
Mu itumanaho, humvikanye amagambo agira ati: “Dufite umugenzi utwite uri kubyara ubu, turasaba gukomeza inzira itaziguye.” Mu gusubiza, umwe mu bayobora indege yanatanze igitekerezo gisekeje, agira ati: “Mumubwire azite umwana Kennedy.”
Indege yahise ihabwa uburenganzira bwo kugwa vuba, ndetse abakozi b’ubuvuzi bari biteguye kwakira uwo mubyeyi akigera ku kibuga.
Nyuma yo kugwa, umukozi wo ku kibuga yabajije niba umwana yamaze kuvuka, maze umupilote amusubiza ati: “Yego.” bivuze ko uwo mugore yari amaze kwibaruka neza.
Si ubwa mbere ibi bibaye ku ndege igana i New York City. Mu mwaka wa 2015, undi mugore na we yigeze kubyarira mu ndege, aho abaganga bari mu bagenzi bamufashije, maze umwana n’umubyeyi bagera ku bitaro bameze neza.


