20260415_163219

Bwa mbere abasirikare ba AFC/M23 n’aba FARDC bagiye guhurira muri EJVM

Sangiza iyi nkuru

Abahagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa AFC-M23, kuri uyu wa Gatatu bashyize umukono ku masezerano agamije gukaza uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu Busuwisi, aho impande zombi ziri kugiranira ibiganiro kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Aya masezerano ateganya ko abasirikare ba AFC/M23 bagomba kwinjizwa mu rwego ruhuriweho rwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge (EJVM) bagomba guhuriramo na bagenzi babo bo mu ngabo za Leta.

Ibi bivuze ko EJVM igomba kwagurwa, mu rwego rwo umwihariko mu mikorere no kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye.

Amasezerano yasinyiwe mu Busuwisi kandi ateganya ko abasirikare ba AFC/M23 bazajya bagira uruhare rutaziguye mu bikorwa byo kugenzura ibibera ku rugamba.

Urwego ingabo z’impande zombi zigiye guhuriramo ruzanakorana bya hafi n’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri RDC (MONUSCO), by’umwihariko mu duce twugarijwe n’umutekano muke nko mu mujyi wa Uvira.

Amasezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu ari mu murongo mugari w’ibiganiro bya Doha kuva mu mwaka ushize wa 2025 bihuza AFC/M23 na Kinshasa.

Ibi biganiro bigomba kurangira kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata, byabaye byimuriwe mu Busuwisi, kubera umwuka mubi mu Burasirazuba bwo Hagati.

Amakuru aturuka mu Busuwisi avuga ko kuri uyu wa Gatatu kandi intumwa z’impande zombi zaganiriye ku kibazo cy’ubutabazi.

AFC/M23 igiye gufatanya n’abarimo Kinshasa kugenzura agahenge, mu gihe yakunze gushinja ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta kukarengaho.

Ni nyuma y’ibitero izi ngabo zikunze kugaba mu bice bigenzurwa n’inyeshyamba ahanini zikoresheje za drone n’indege z’intambara. Ni ibitero byakunze kwibasira uduce turimo Komine Minembwe yo muri Kivu y’Amajyepfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *