AFP__20260417__2271698765__v1__MidRes__PresidentTrumpDeliversRemarksInLasVegas_1777059930

Amerika yakajije igihano cy’urupfu

Sangiza iyi nkuru

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangaje ko bugiye kongera no kwagura uburyo bukoreshwa mu gushyira mu bikorwa igihano cy’urupfu ku rwego rwa leta.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata, aho Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko hagiye kongerwamo uburyo bushya burimo kuraswa n’imbunda, gukoresha amashanyarazi ndetse no gukoresha gazi, bikiyongera ku buryo busanzwe bwo gutera umuti wica.

Umushinjacyaha Mukuru w’agateganyo, Todd Blanche, yavuze ko iyi gahunda igamije kongera gushyira imbaraga mu kurinda abaturage no guha agaciro abarenganijwe n’ibyaha bikomeye. Yavuze ko ubuyobozi bwabanje butitaga mu gushyira mu bikorwa igihano ku byaha bikomeye cyane, birimo iterabwoba, ubwicanyi bw’abana n’ubwicanyi bw’abapolisi.

Iyi politiki nshya ije ihindura icyemezo cyari cyafashwe n’uwari Perezida wa mbere, Joe Biden, aho mbere yo kuva ku butegetsi mu 2025, yari yagabanyije ibihano ku bantu 37 muri 40 bari barakatiwe urwo gupfa ku rwego rwa leta.

Nubwo igihano cy’urupfu gikunze kugenwa n’intara, leta nkuru na yo ifite ububasha bwo kugishyira mu bikorwa ku byaha bimwe na bimwe bikomeye cyane. Kugeza ubu, hari intara zimwe na zimwe zemerera uburyo bwo kuraswa, nubwo budakunze gukoreshwa cyane.

Hari kandi uburyo bushya bwagiye bugirwaho impaka, burimo gukoresha gazi ya nitrogen, bwamaganywe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zivuga ko bushobora kuba bunyuranyije n’uburenganzira bwa muntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *