Claver Mbonimpa yashimiwe na HRW uko akomeje guharanira uburenganzira bwa muntu

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, ryahaye Petero Claver Mbonimpa ishimwe ryitiriwe Alison Des Forges.

Iryo shimwe yahawe ritangwa mu rwego rwo gushimira abantu bitangiye ku buryo bari no kuhasiga ubuzima, ibyerekeye kurinda uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira bw’abandi.

Itangazo rya Human Rights Watch rivuga ko Petero Claver Mbonimpa yerekanye kwitanga atagoheka ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu.

“N’umwe mu bantu bakomeye baharanira agateka ka muntu mu Burundi.”

150428144253_pierre_claver_mbonimpa_640x360__nocredit

Claver Mbonimpa ni umuyobozi w’ishyirahamwe APRODH, riharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ndetse n’uburenganzira bw’imbohe mu Burundi.

Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga ko Petero Claver Mbonimpa, yavuganiye bikomeye inshuro nyinsi abantu bafunzwe mu buryo budasobanutse, ndetse nawe ubwe akaba yarafunzwe mu 2014 nyuma yo kwamagana ihonyorwa ritandukanye ry’uburenganzira bwa muntu.

Mu kiganiro yahaye Ijwi rya Amerika, Mbonimpa akaba avuga ko ashimishijwe no kuba yahawe iri shimwe ryitiriwe Alison Des Forges, ritangwa na Human Rights Watch.

Human Rights Watch ivuga ko ibikorwa bye byatumye atotezwa. Mu mwaka wa 2015, Mbonimpa yararusimbutse nyuma yo kugerageza kumwivugana, aho byavuzwe ko ari abakozi b’inzego z’iperereza z’u Burundi bari inyuma y’uwo mugambi.

Nyuma yo kurusimbuka yagiye kwivuriza I Burayi agenda yoroherwa buhoro buhoro, kuri ubu akaba akomeje urugamba rwo guharanira uburenganzira bw’Abarundi bose aho ari mu Bubiligi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *