eb76f69830740a5cda34478495db93f5feb1c376

Myanmar: Aung San Suu Kyi yasohowe muri gereza ajya kurangiriza igihano mu rugo

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitikikazi w’impirimbanyi, Aung San Suu Kyi, wahoze ayobora Myanmar wari ufunzwe yimuriwe mu rugo ngo abe ari ho azakomereza igihano cye nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byaho.

Uyu mukecuru w’imyaka 80 wegukanye igihembo cyitiriwe Nobel, bishoboka ko yari afungiwe muri gereza ya gisirikare yo mu murwa mukuru, Nay Pyi Taw, kuva yahirikwa ku butegetsi n’abasirikare mu 2021.

Itangazo ry’umuyobozi w’igisirikare, Min Aung Hlaing, wayoboye ihirika ry’ubutegetsi, ryavuze ko “hagabanyijwe igihano yari asigaranye kugira ngo akorere igisigaye ahantu yagenewe”.

Aung San Suu Kyi yageze ku butegetsi mu 2015 nyuma y’uko abategetsi ba Myanmar icyo gihe batangiye ivugurura bakemera kuyoboka demokarasi.

Mbere y’ibyo, yamaze imyaka ibarirwa muri za mirongo mu butegetsi bwa gisirikare nk’umuntu uharanira demokarasi, kandi mbere n’ubundi yamaze imyaka irenga 15 afungiwe mu rugo.

ae8380f0 44b1 11f1 9caf 0fcd4fb68138.jpg

Ibitangazamakuru bya leta byerekanye ifoto yicaye mu rugo ari kumwe n’abakozi babiri bambaye imyenda y’abashinzwe umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *