Umunyapolitikikazi w’impirimbanyi, Aung San Suu Kyi, wahoze ayobora Myanmar wari ufunzwe yimuriwe mu rugo ngo abe ari ho azakomereza igihano cye nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byaho.
Uyu mukecuru w’imyaka 80 wegukanye igihembo cyitiriwe Nobel, bishoboka ko yari afungiwe muri gereza ya gisirikare yo mu murwa mukuru, Nay Pyi Taw, kuva yahirikwa ku butegetsi n’abasirikare mu 2021.
Itangazo ry’umuyobozi w’igisirikare, Min Aung Hlaing, wayoboye ihirika ry’ubutegetsi, ryavuze ko “hagabanyijwe igihano yari asigaranye kugira ngo akorere igisigaye ahantu yagenewe”.
Aung San Suu Kyi yageze ku butegetsi mu 2015 nyuma y’uko abategetsi ba Myanmar icyo gihe batangiye ivugurura bakemera kuyoboka demokarasi.
Mbere y’ibyo, yamaze imyaka ibarirwa muri za mirongo mu butegetsi bwa gisirikare nk’umuntu uharanira demokarasi, kandi mbere n’ubundi yamaze imyaka irenga 15 afungiwe mu rugo.

Ibitangazamakuru bya leta byerekanye ifoto yicaye mu rugo ari kumwe n’abakozi babiri bambaye imyenda y’abashinzwe umutekano.


