Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye abagabo 2, umwe w’imyaka 23 n’undi w’imyaka 25 y’amavuko bakekwaho gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi baruvana mu gihugu cya Tanzania.
Abaregwa bafatiwe mu karere ka Kirehe nyuma y’uko bacitse inzego z’umutekano bagata imodoka bari batwayemo urumogi ibiro 99 mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Gihinga, mu Mudugudu wa Kagarama.
Mu ibazwa ryabo umwe mu barengwa niwe wemera icyaha. Asobanura ko urumogi barutundaga barukuye mu gihugu cya Tanzania bakarucuruza mu Ntara y’Amajyepfo. Ni mu gihe undi we atemera icyaha akurikiranweho agasobanura ko atari ari muri iyo modoko.
Icyaha abarengwa bakurikiranweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo 11 y’itegeko n° 69/2019 ryo kuwa 8/11/2019 rihindura itegako no 68/2018 ryo kuwa 30/8/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ndetse n’ikinyabiziga (imodoka) cyakoreshejwe icyaha nacyo kikanyagwa.


