Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 1 Gicurasi, umushinjacyaha wa repubulika mu rukiko rwa gisirikare rwa Bamako yatangaje ko abasirikare benshi ndetse n’abahoze ari abasirikare batawe muri yombi mu minsi ishize nyuma y’ibitero byo ku itariki ya 25 Mata 2026. Amazina atanu y’abasirikare harimo n’uwapfuye kuwa Gatandatu mu mirwano yatangajwe.
Nk’uko umushinjacyaha wa repubulika abitangaza, ngo byagaragaye ko abasirikare bari mu kazi, abasezerewe, cyangwa abategereje gusezererwa bagize uruhare mu gutegura, guhuza no gushyira mu bikorwa ibyo bitero.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko muri aba bagabo bafashwe harimo umwe mu bantu bakomeye bagize uruhare mu ihirika ry’ubutegetsi ryo mu 2012 ryahiritse uwahoze ari Perezida wa Mali, Amadou Toumani Touré.
Abanyapolitike bo muri Mali na bo ngo babigizemo uruhare. Ku mugaragaro, abasirikare bane batawe muri yombi.
Icyakora, nk’uko RFI ibivuga, abandi bantu batandatu batawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 2 Gicurasi 2026, kandi abandi bagera kuri makumyabiri barimo gushakishwa mu rwego rw’perereza.


