Capture1_edited_edited

RDC: Ibitero bya FARDC byibasiye ibice bituwe cyane n’amatungo ahantu hatandukanye

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 3 Gicurasi 2026, ahagana mu ma saa 1h30 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa zacengeye mu mujyi wa Rushoga muri Teritwari ya Masisi zica cyangwa zikomeretsa amatungo, mu gihe ryagabye ibitero mu bice bituwe cyane i Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru aturuka muri Kivu zombi aravuga ko kuri iki Cyumweru abasivili bibasiwe, kandi inka zirenga 56 zishwe, ziratemwa, cyangwa zisigwa zenda gupfa, mu bitero umutwe wa AFC/M23 uvuga ko bigamije kubiba ubwoba no kwangiza imibereho y’abaturage.

HHZu9 7XgAA idW

Ni nyuma y’uko kuri iki Cyumweru, izo ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zigabye ibitero byinshi hakoreshejwe indege zitagira abapilote za CH-4.

Mu itangazo ryashyize ahagaragara, Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ku isaha ya “Saa tanu n’iminota 53 na saa munani n’iminota 40 z’amanywa, uduce dutuwe cyane muri Lumbishi twibasiwe, ndetse n’umujyi wa Rutare muri Teritwari ya Kalehe saa 1h20.”

Ibisasu kandi byangije imitungo y’abasivili, kandi bibiba ubwoba mu baturage bituma bava mu byabo.

HHZu9 2W8AA 2 w

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ibi bikorwa bikomeje by’ubutegetsi bwa Kinshasa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu, kandi risaba Umuryango w’Mpuzamahanga kumenya ibikomeje gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ndetse n’uburenganzira bwaryo bwo kwirwaho no kurinda abaturage b’abasivili bibasirwa nka n’ubutegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *