Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye mu ishyaka UDPS riyoboye iki gihugu, yasabye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyiriraho Joseph Kabila impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.
Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ririya shyaka, Augustin Kabuya, mu rugendo rwateguwe na ririya shyaka ku wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi i Kinshasa. Ni urugendo rwiswe urwo gushyigikira ibihano Amerika iheruka gufatira Joseph Kabila.
Kabuya yavuze ko ubusabe bwa Kinshasa kuri Amerika bwatanzwe n’ishyaka ayoboye biciye mu rwandiko ryashyikirije Ambasade ya Amerika i Kinshasa.
Yavuze ko nyuma y’ibihano byafatiwe Joseph Kabila, iri shyaka ryabaye ngombwa ko ritegura imyigaragambyo igamije kugaragariza amahanga ko rishyigikiye icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ati: “Mu myigaragambyo twakoze, twanasabye ubuyobozi bwa Amerika, by’umwihariko Perezida Donald Trump, kureba niba ubuyobozi bw’icyo gihugu bwatanga impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi Joseph Kabila.”
Ku wa 30 Mata ni bwo Urwego Rushinzwe Imari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu rwego rushinzwe kugenzura imitungo y’abanyamahanga, rwatangaje ko rwafatiye ibihano Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019.
Byari nyuma yo kumushinja gushyigikira umutwe wa Mouvement du 23 mars (M23) n’ihuriro rya Alliance du fleuve Congo, byombi bifitanye isano n’intambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Kabila yamaganye ibyo bihano, agaragaza ko byashingiye ku birego bitagira gihamya ashinjwa na Leta ya Kinshasa.


