Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league.
Iyi kipe yageze kuri final ya Champions league, nyuma yo gutsinda Atletico Madrid yo muri Espagne bari bahuriye mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza igitego 1-0, bikarangira iyisezereye ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Igitego cyo ku munota wa 44 w’umukino cya Bukayo Saka ni cyo cyafashije the Gunners kongera kugera ku mukino wa nyuma wa Champions league yaherukagaho mu myaka 20 ishize.
Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yashimiye Arsenal na Athletico Madrid zombi zisanzwe zikorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda ku bw’umukino mwiza zagaragaje.
Umukuru w’Igihugu yashimiye by’umwihariko Arsenal asanzwe afana, ati: “Ndashimira Arsenal ku bw’intsinzi ku bwo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA champions league. Ikipe y’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda nziza kurusha indi azabe ari yo itsinda.”
Arsenal izahurira ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league n’imwe mu makipe ya Bayern Münich yo mu Budage na Paris Saint-Germain zesuranira kuri Stade ya Allianz Arena kuri uyu wa Gatatu.
Aya makipe yombi na yo asanzwe ari abafatanyabikorwa b’u Rwanda.


