imageresize

Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar agiye kuburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu Kuboza, Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar ategereje kwiregura ku birego byatanzwe n’urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko. Bivuze ko azaburanishwa adahari kuko ari mu buhungiro kuva yahirikwa ku butegetsi mu 2025.

Ni ibirego byo kunyereza umutungo, ikoreshwa ry’amafaranga akoreshwa na leta ritavugwaho rumwe, hamwe n’ibyemezo yafashe mu gihe bitera cya Covid.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera, Fanirisoa Ernaivo, uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Madagascar ashobora gutangira kuburanishwa n’inkiko.

Minisitiri yagize ati: “Nabajije Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko niba ukurega uwahoze ari perezida biri ku murongo w’ibyigwa. Yansubije ati” yego”.

Amatora y’Inteko Ishinga Amategeko ku kuba ibirego byashyikirizwa inkiko ni intambwe ya mbere iteganijwe mbere yo koherezwa mu Rukiko Rukuru rw’Ubutabera, urukiko rukumbi rufite ububasha bwo kuburanisha umukuru w’igihugu.

Minisitiri yijeje ko mu gihe amatora atagira icyo ageraho , guverinoma ishinzwe kongera kubaka igihugu ivuga ko ifite ubundi buryo izakoresha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *