rib-600x381-1-780x470

Karongi: Bane bakekwaho kunyereza arenga Frw miliyoni 200 batawe muri yombi 

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri.

RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko bariya bantu uko ari bane “bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo ufitiye rubanda akamaro, kuwukoresha icyo utagenewe no gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu bwite.”

Uru rwego rwavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari amafaranga angana na Frw 226,790,877 bigizwemo uruhare na bariya bantu.

Abakekwa ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Bwishyura iherereye mu karere ka Karongi, mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RIB iraburira abashinzwe gucunga no gukoresha umutungo wa Leta kubahiriza amategeko  abigenga kuko kunyuranya nayo bigira ingaruka ku muturage no ku iterambere ry’igihugu kandi ko bihanwa n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *