hq720

Arashaka guhindura itegeko nshinga? Azabikore niba ari akagabo – Corneille Nangaa

Sangiza iyi nkuru

“Arashaka guhindura itegeko nshinga? Azabikore niba ari akagabo”, ibi ni ibyatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ubwo yavugaga ku magambo aherutse gutangazwa na Tshisekedi aca amarenga ko yiteguye kuyobora manda ya gatatu binyuze mu guhindura itegeko nshinga rya RDC.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yerekanye ko ikiganiro Perezida Tshisekedi aherutse gutanga kigaragaza ukuntu atajya ahinduka ahora abeshya, ahakana ibyo yakoze, no kugereka amakosa ku bandi mu rwego rwo guhisha intege nke z’imiyoborere ye.

Yagize ati: “Ni nde wabyizera kandi tuzi ko ejo azaza agasaba imbabazi. Nta kintu nzi, nta kintu narinzi, ntabwo nari mbizi, ntabwo bambwiye, ni ikosa ry’u Rwanda, oya , ni ikosa rya Paul Kagame, ni ikosa rya Kabila, ni ikosa ry’intambara, buri gihe ni abandi bantu ariko we nta na kimwe. Ejo rero ntimuzatungurwe kuko azavaho. Mu minsi iri imbere azavaho.”

Mu buryo bwo gutebya, Corneille Nangaa yongeyeho ati: “ Kandi ntibizabatungure azavuga ko atari azi ko yari perezida.”

Yahamagariye imitwe ya politiki na sosiyete sivile muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kujya inyuma ya AFC/M23 bagakomeza urugamba rwo gukuraho ubutegetsi no gutabara igihugu.

Ati: “ Arashaka guhindura itegeko Nshinga? Azabikore niba ari akagabo. Ariko ku bitureba. Ndavuga mu izina rya AFC/M23 turavuga ko ari cyo gihe, kandi ikiganiro n’itangazamakuru cyatumye Abanyekongo bumva imigambi ye, ngo AFC/M23 ihamagarire kwishyira hamwe kw’imitwe yose ya politiki, inzego zose z’imibereho kwihuriza hamwe muri uru Rugamba rwo kurinda Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Imitwe yose ya politiki iri mu buhungiro n’iri I Kinshasa…ndetse n’iri muri Union Sacree (Ihuriro riri ku butegetsi) ituvugisha mu ibanga, turayisaba kwihuriza hamwe inyuma ya AFC/M23 tukarwana urugamba kugira ngo turinde igihugu, kugirango tugarure igihango cya repubulika yacu.”

696941058 26645840655080768 1842289877379708160 n

Corneille Nangaa yakomeje avuga ko biswe inyeshyamba, abaterabwoba, ati: “ ariko ikizwi neza, turi umutwe wo kwibohora n’impinduramatwara”, akomeza ashimangira ko icyo bagamije ari ukuzana impinduka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Yagaragaje ko ibyo bahoze barwanira bamwe babonye nko kurwanira ubutaka bireba igihugu cyose.

Yagize ati: “ Turarwanira kubohora Abanyekongo ndetse harimo n’abatarumva ko ari bo turwanira. Turwanira amoko yose ya Congo, turwanira igihugu cya Congo cyose….”

Mu kiganiro aheruka guha itangazamakuru ku wa Gatatu ushize, ari nacyo cya kabiri kuva yongera gutorwa mu 2023 Perezida Tshisekedi yashinje u Rwanda guhungabanya ingabo z’igihugu cye, aca amarenga ko ashobora gutekereza ku kwiyamamariza manda ya gatatu naramuka abisabwe n’abaturage.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *