e1c4e35_ftp-import-images-1-0wpm48n6da2x-2025-03-17t090451z-1916564753-rc204dat31zp-rtrmadp-3-congo-security

Kivu y’Amajyepfo: AFC/M23 yavuye mu bice byinshi yagenzura isubira inyuma

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 mu mpera z’icyumweru bakuye ibirindiro byabo mu duce twa Sange, Bwegera, Luberizi, Luvungi, Kabunambo n’inkengero zaho bakerekeza mu mujyi wa Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umunyamakuru wigenga ukorera muri Kivu y’Epfo hamwe n’umwe mu bakuriye sosiyete sivile muri teritwari ya Walungu babwiye BBC ko M23 n’abategetsi bayo batangiye kuva muri utwo duce ku wa Gatandatu.

BBC yabajije M23 ibivugwa ariko ntabwo irasubiza kandi nta makuru iratangaza ku kuva muri utwo duce turi mu kibaya cya Rusizi/Ruzizi.

Utwo duce tuvugwa twabereyemo imirwano ikomeye cyane mu Kuboza umwaka ushize mbere y’uko M23 ifata umujyi wa Uvira ikawuvamo nyuma y’iminsi micye ku gitutu cya Washington, igasubira muri utwo duce turi ku ntera isaga 40Km mu majyaruguru ya Uvira.

Leta ya Kinshasa na Washington bagiye basaba M23 gusubira inyuma ikagera i Kamanyola aho uwo mutwe wafashe kuva mu kwezi kwa Gashyantare umwaka ushize, mbere y’amasezerano ya Washington yasinywe muri Nyakanga uwo mwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *