20260516_125148

Uganda: Among uheruka kwibazwaho na Gen. Muhoozi yabujijwe guhatanira kuyobora Inteko Ishinga Amategeko 

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Aneth Among, yasabwe kutongera guhatanira uyu mwanya, nyuma y’iminsi mike yibajiweho na Gen. Muhoozi Kainerugaba kubera umutungo we.

Televiziyo ya Leta ya Uganda (NTV), yatangaje ko ku wa 15 Gicurasi 2026, Among yatumiwe mu nama mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu yayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ndetse ko ari ho yasabiwe kurangiza manda ye, akava ku ntebe isumba izindi mu Nteko.

Among ayobora Inteko ya Uganda kuva mu 2022. Aherutse kuvugisha benshi nyuma yo kugaragara mu muhango w’irahira rya Perezida Museveni wabaye tariki ya 12 Gicurasi, yambaye ikanzu n’ikote ryayo bifite agaciro ka miliyoni 17,6 Frw.

Uyu munyapolitiki w’imyaka 52 y’amavuko kandi avugwaho gutunga imodoka ya Rolls Royce Cullican ifite agaciro k’ibihumbi 400 by’Amadolari (miliyoni 586 Frw).

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangajwe n’aya makuru, avuga ko yaba we cyangwa se, Perezida Museveni, batigeze bagenda mu modoka ifite agaciro kageze aha.

Among umaze imyaka itandatu mu ishyaka NRM riri ku butegetsi, muri Gashyantare 2025 yatangaje ko abantu babishaka cyangwa batabisha, mu 2026 aziyamamariza kuyobora manda ya kabiri izarangira mu 2031.

Yagize ati “Nyuma ya manda ya 2026-2031, nzasimburwa n’umuvandimwe wanjye Tayebwa kugira ngo akomereze aho nzaba ngejeje. Nyuma y’aho, nzita ku muryango wanjye, nkore n’ubworozi.”

Tariki ya 15 Gicurasi, Gen Muhoozi yatangarije ku rubuga X ko Minisitiri w’Ingabo, Jacob Marksons Oboth, yakoze neza inshingano yahawe mu myaka itanu amaze muri guverinoma, bityo ko ari we ashyigikiye ngo azabe Perezida w’Inteko.

Yagize ati “Yabaye Minisitiri mwiza muri guverinoma yacu mu myaka itanu ishize. Ndagira ngo mbere na mbere mushyigikire ku mwanya wa Perezida w’Inteko 2026. Imana ihe Oboth-Oboth umugisha!”

Gen Muhoozi yaciye amarenga ko na Visi Perezida w’Inteko, Thomas Tayebwa, ashobora gusimburwa, kuko yatangaje ko azageza kuri Perezida Museveni umukandida w’umugore uzajya kuri uyu mwanya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *