b5fc9111-fddb-410b-9087-20451fd8c760

Nairobi: Imodoka zitwara abagenzi zahagaritse akazi kubera ibiciro bya lisansi

Sangiza iyi nkuru

Gutwara abantu n’ibintu byahagaritswe mu gihugu cya Kenya ku muhanda wa Nairobi – Namanga mu gihe imyigaragambyo ikomeye y’abatwara tagisi mu gihugu hose yatangiye kuri uyu wa Mbere.

Umuhanda wafunzwe n’imyigarambyo y’urubyiruko rwacanye umuriro ukoresheje amapine i Kitengela, mu ntara ya Kajiado, mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere. Barigaragambya bamagana izamuka rikabije ry’ibiciro bya lisansi.

Abamotari bahatiwe kuva mu muhanda, abari berekeje i Kajiado bava i Nairobi cyangwa bava i Nairobi bajya i Kajiado basabwa gushyira imodoka zabo ku ruhande nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Star.

Amagana y’urubyiruko rwasenye inyubako y’amabati ya guverinoma y’intara ya Kajiado yubatswe ku mupaka w’intara n’intara ya Machakos yakoreshwaga mu kwishyuza amafaranga y’imisoro.

Ibi bintu byatumye ubucuruzi bwo mu mujyi wa Kitengela buhagarara, mu gihe urubyiruko rudafite akazi rwuzuye mu mujyi, kandi Polisi ikaba itaraboneka aho imyigaragambyo ikomeje kubera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *