Abaturage bariye karungu batwitse igice cy’ibitaro biri mu gace kiganjemo Ebola mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abo mu muryango hamwe n’inshuti z’umusore bikekwa ko yishwe n’iyo virusi bari babujijwe gutwara umurambo we ngo bajye kuwushyingura.
Uwitwa Luc Malembe Malembe, umunyapolitiki wo muri ako gace agaruka ku byo yaboneye ku bitaro bikuru bya Rwampara, yabwiye BBC ati: “Batangiye kujugunya ibintu ku bitaro. Banatwitse amahema yari arimo gukoreshwa nk’ibyumba by’akato.”
Muri ako kajagari, polisi yarashe amasasu mu kirere yo kuburira no gutatanya iyo mbaga.
Umurambo w’umuntu wishwe na Ebola uranduza cyane ndetse abategetsi bakenera gukora ku buryo ushyingurwa mu buryo butekanye mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira ry’iyo virusi.
Abakozi bo mu buvuzi bo ku bitaro bya Rwampara, biri hafi y’umujyi wa Bunia mu Ntara ya Ituri, aho abantu hafi ya bose bacyekwaho kwandura Ebola batangajwe, bashyiriweho uburinzi bwa gisirikare, mu gihe abapolisi binjiraga mu bitaro kugira ngo bongere gushyira ibintu ku murongo.
Umukozi wo mu buvuzi yakomerekejwe n’abigaragambyaga bateraga amabuye, mbere yuko abashinzwe umutekano bahagoboka, nkuko umukozi wo ku bitaro yabibwiye Ibiro Ntaramakuru AFP.
Jean Claude Mukendi, ushinzwe guhuza ibikorwa byo guhangana na Ebola mu ntara ya Ituri, yabwiye ibiro ntaramakuru Associated Press ko uwo mugabo wapfuye yari umuntu uzwi cyane muri ako gace ndetse ko abababajwe n’urupfu rwe “ntibasobanukiwe ukuri kw’iby’iyi ndwara”.
Ababibonye babwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko uwo musore yari umukinnyi w’umupira w’amaguru wari warakiniye amakipe menshi yo muri ako gace. Nyina yabwiye ibyo biro ntaramakuru ko yemera ko umuhungu we yishwe na tifoyide (typhoïde), ko atari Ebola.
Malembe yavuze ko iyo mbaga y’abantu batemera ko iyi virusi, bicyekwa ko imaze kwica abantu barenga 130 mu burasirazuba bwa DRC, ari ukuri.


