Amakuru aturuka ku rugamba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko ku wa Kane, itariki ya 21 Gicurasi 2026, abarwanyi ba AFC/M23 bahagaritse igitero cyagabwe na FARDC ifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo muri Teritwari ya Masisi.
Nk’uko amakuru aturuka atangazwa n’imiryango itegamiye kuri leta agera kuri Kivu Morning Post avuga, guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane abarwanyi ba AFC/M23 baragenzura ahitwa Gasake, Kinigi, aho FARDC yigambaga gufata, ndetse na Kaniro, nyuma y’umunsi w’imirwano ikomeye.
Ku rundi ruhande ariko, biravugwa ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo ba Wazalendo bigaruriye Katoyi centre n’imidugudu ihakikije, harimo nka Luke na Kasenyi.
Nyuma y’iki gitero cya gisirikare, abaturage babarirwa mu bihumbi bahunze ari benshi kubera imirwano yabereye kuri iyi axe nyuma y’iminsi mike batuje.


