Guverinoma ya Uganda yatangaje ko yahagaritse ingendo z’indege hagati yayo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse inafata izindi ngamba zikomeye ku mipaka ihuza ibi bihugu byombi, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana abantu benshi muri RDC.
Izi ngamba zije nyuma y’aho u Rwanda na rwo rufashe icyemezo cyo gufunga umupaka warwo na RDC kubera impungenge z’iki cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko iki gihugu cyamaze kwakira abantu babiri baturutse muri RDC basanganywe Ebola, umwe muri bo aza kwitaba Imana. Abandi bantu 127 bahuye na bo bashyizwe mu kato kugira ngo bakurikiranwe.
Uganda yavuze ko guhagarika ingendo z’indege no gukaza igenzura ku mipaka ari imwe mu ngamba zo gukumira ko iki cyorezo cyakwirakwira imbere mu gihugu, cyane cyane ko hari urujya n’uruza rwinshi hagati yayo na RDC.
Perezida Yoweri Museveni aheruka gutangaza ko Ebola “yoroshye kuyikumira” ugereranyije na Covid-19 kuko yandurira mu gukoranaho, ashimangira ko hakenewe igenzura rikomeye ku mipaka no gukurikirana abantu bagaragaza ibimenyetso by’iyi ndwara.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryamaze gutangaza ko iki cyorezo cya Ebola cyibasiye RDC na Uganda ari ikibazo cy’ubuzima gihangayikishije isi yose, nyuma y’uko abantu amagana bamaze kwandura abandi benshi bagapfa.
Muri iki gihugu, Ebola imaze guhitana ababarirwa mu 160 mu gihe abarenga 600 bamaze kuyandura.


