20260524_220551

Abapolisi bigize abagore bajya guta muri yombi umucuruzi w’ibiyobyabwenge

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi bo muri Thailand bakoze igikorwa kidasanzwe cyakuruye amarangamutima ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwiyoberanya nk’ababyinnyi b’abagore kugira ngo bafate umugabo ukekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Iki gikorwa cyabereye mu gace ka Tha Luang, mu burasirazuba bwa Thailand, aho abo bapolisi benshi bari abagabo bambaye amakanzu y’abagore arabagirana ndetse biyitirira itsinda ry’ababyinnyi bo mu birori byo ku muhanda.

Nyuma yo gusohoza uwo mukwabu, polisi yasohoye ifoto y’abo bapolisi bari kumwe n’uwo bakekwaho icyaha, ibintu byahise bikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Uwo mugabo watawe muri yombi witwa Mekha Fa-wap-wap. Polisi yavuze ko yasanganwe ibinini 53 bya methamphetamine, amasakoshi arenga 200 apakirwamo ibiyobyabwenge ndetse na telefone ngendanwa.

Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano avuga ko polisi yari imaze igihe ikurikirana uwo mugabo, ari na yo mpamvu bahisemo gukoresha uburyo bwo kwiyoberanya kugira ngo bamufate atabaketse.

Uyu mugabo kandi akurikiranyweho kuba yarakoraga ibikorwa by’imikino y’amahirwe bitemewe n’amategeko.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje gutungurwa n’ubwo buryo polisi yakoresheje, aho umwe yanditse ati: “Ni nka filime ya 21 Jump Street.”

Si ubwa mbere polisi yo muri Thailand ikoresha uburyo budasanzwe mu gufata abakekwaho ibyaha. Mu minsi yashize kandi hari abandi bapolisi biyoberanyije nk’ababyina imbyino za “lion dance” mu kwizihiza umwaka mushya w’Abashinwa kugira ngo bafate umuntu wari umaze igihe ashakishwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *